Noel Obadiah yaciye amarenga yo guhabwa Ubwenegihugu bw’u Rwanda

Jul 2, 2025 - 11:28
Noel Obadiah yaciye amarenga yo guhabwa Ubwenegihugu bw’u Rwanda

Obadiah Noel ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za America, wakiniye ikipe ya APR BBC mu mikino ya BAL akayihesha amanota atazibagirana yizihije umunsi w'ubwigenge bw'u Rwanda agaragaza ibyishimo atewe no kuba Umunyarwanda bidasubirwaho.

Bimwe mu byo abantu bamwibukiraho bya vuba aha, ni amanota atatu aherutse gutsindira APR BBC ubwo yakinaga na Nairobi CT mu mikino ya Nile Conference yaberaga i Kigali, yatumye iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda ibona itike yo kwerekeza mu mikino ya Finals ya BAL (Basketball Africa League) ikanatahanamo umwanya wa gatatu.

Uretse aya manota kandi, Obadiah yanafashije APR BBC mu mikino ya Finals, aho yayifashije kugera muri 1/2 no kwegukana umwanya wa gatatu muri aya marushanwa.

Nyuma yo kugaragaza ubuhanga budasubirwaho muri iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda, Uyu mukinnyi yaciye amarenga ndetse anagaragaza bimwe mu bimenyetso by’uko yaba yahawe irangamuntu y’u Rwanda.

Mu butumwa yanyujije kuri Instagram, buherekejwe n’ifoto y’irangamuntu ye, Obadiah yagaragaje ko yishimiye ndetse atewe ishema no kuba ari umunyarwanda.

Yagize ati:“Ntewe ishema no kuba Umunyarwanda.” Ndetse atera amatsiko abamukurikira aho yababajije izina rye ry’ikinyarwanda ndetse n’aho rigaragara ku ndagamuntu ye arahapfuka.

Mu butumwa yasangije abamukurikira kuri instagram yagaragaje indangamuntu ye igaragaza ko ari umunyarwandaMu butumwa yasangije abamukurikira kuri instagram yagaragaje indangamuntu ye igaragaza ko ari umunyarwanda

Uyu mukinnyi yasigiye abakunzi be umukoro wo kumenya izina rye ry'ikinyarwandaUyu mukinnyi yasigiye abakunzi be umukoro wo kumenya izina rye ry'ikinyarwanda

Obadiah Noel yitwaye neza mu mikino ya BAL 2025 ndetse afasha na APR BBC kwegukanamo umwanya wa gatatuObadiah yafashije APR BBC kwegukana umwanya wa gatatu muri BAL 2025.

What's Your Reaction?

Like Like 1
Dislike Dislike 0
Love Love 0
Funny Funny 0
Angry Angry 0
Sad Sad 0
Wow Wow 0
Malik I’m Malik, a reporter at theupdate.co.rw covering the fast-moving worlds of entertainment and technology. My work focuses on bringing readers fresh insights into the trends, innovations, and stories shaping culture and digital life today. From breaking news in the tech industry to in-depth features on film, music, and media, I strive to deliver reporting that is both engaging and informative. My goal is to connect audiences with the people, ideas, and technologies redefining how we live, work, and play. Passionate about storytelling, I believe journalism is not just about informing—it’s about sparking curiosity and conversation. Whether I’m covering the latest gadget, a rising artist, or shifts in the digital landscape, I aim to make complex topics accessible and exciting for readers.