Gukumira abana batarengeje imyaka 16 ku mbuga nkoranyambaga bikorwa bite?
Ubwongereza bwiyongreye mu bindi bihugu bimaze gushyiraho amategeko abuza abana batarengeje imyaka 16 gukoresha imbuga nkoranyambaga.
Akomoza kuri iri tegeko, Minisitiri w’Intebe, Keir Starmer yavuze ko imbuga nkoranyambaga zirimo gutera agahinda mu bana, gutuma bibasirwa kandi ‘Zikoze ku buryo zibahindura imbata”.
Yunzemo ko iki cyemezo ari ikintu ‘Buri mubyeyi yifuzaga’.
Ni icyemezo cyashimije bamwe mu babyeyi n’imiryango iharanira uburenganzira bw’abana.
Mu gihe bamwe mu bana batagejeje iyi myaka, bavuze cyabababajwe.
Imbuga nkoranyambaga zibujijwe zirimo ‘Snapchat, TikTok, YouTube, Instagram, Facebook na X’, nk’uko Leta yabitangaje.
Gusa, urutonde rurambuye rw’izizaba zibujijwe ntabwo ruratangazwa.
Starmer yakomeje avuga ko Leta ayoboye yumvise kandi ikigira ku bindi bihugu nka Australia, aho itegeko nk’iri rishyirwa mu bikorwa.
Mbere y’uko iri tegeko ritangira gushyirwa mu bikorwa mu Bwongereza, rigomba kunyura mu nteko ishingamategeko, yaryemeza rigatangira kubahirizwa mu ntangiriro z’umwaka utaha.
Iri tegeko rishyirwa mu bikorwa gute?
Imbuga nkoranyambaga ni ‘Platforms’ z’ibigo byigenga, byinshi biba bikorera hanze y’Ibihugu bishyiraho amategeko nk’iri Ubwongereza bwiyemeje gushyiraho.
Ibihugu byinshi ku isi, birimo n’u Rwanda, byamaze kwerekana impungenge bitewe n’ingaruka z’imbuga nkoranyambaga ku bana, ndetse bimwe birimo gutekereza ku mategeko nk’iri.
Mu gushyira mu bikorwa iri tegeko, Ubwongereza buvuga ko hazakoresha uburyo ‘Bwizewe cyane bwo kugenzura imyaka’ – ikintu na biriya bigo bifite izo mbuga bisanzwe bikoresha mu kwemeza imyaka y’ushaka kuzijyaho.
Hari kandi gusaba kompanyi zifite ziriya mbuga gukoresha ikoranabuhanga ribasha kugereranya nta kwibeshya cyangwa kugenzura imyaka – nko gukorera isura ‘Scan’ no kwaka indangamuntu.
Ikigo gishinzwe itumanaho cya Leta y’Ubwongereza, Ofcom, cyasabwe gukora inyigo yihuse yo kumenya uburyo buruta ubundi bwo kugenzura niba umuntu arengeje imyaka 16.
Mu Bwongereza, imbuga zimwe, harimo n’izibaho amashusho ya ‘Pornography’, zibanza gukora igenzura ry’imyaka mu kubuza abana kubona amashusho yagenewe abantu bakuru.
Gusa, ubu buryo bwose bwagiye bunengwa cyane n’abaharanira uburenganzira bavuga ko gusaba umuntu indangamuntu ye cyangwa amakuru ya ‘Biometric’ ye ari ugushyira mu kaga amakuru bwite y’umuntu, n’umutekano we.
Hari impungenge zagaragajwe mbere z’ubushobozi bw’urubyiruko rutagejeje ku myaka 16 bwo gukoresha Virtual Private Networks (VPNs) mu kurenga ku mategeko nk’aya.
Kuri iyi ngingo, Starmer avuga ko bazi neza ko bamwe mu rubyiruko bazagerageza guca ku ruhande rw’itegeko bagakoresheje ubu buryo.
What's Your Reaction?
Like
0
Dislike
0
Love
0
Funny
0
Angry
0
Sad
0
Wow
0



