Amagare: Tadej Pogačar ari mu bakinnyi 5000 bageze i Kigali gukina Shampiyona y'Isi
Mu gihe Shampiyona y'Isi y'umukino wo gusiganwa ku Magare ibura amasaha atagera kuri 48 igakinirwa ku Butaka bw'Umugabane w'Afurika ku nshuro ya mbere i Kgali mu Rwanda, abakinnyi bazayikina bakomeje kuhagera umusubizo.
Bamwe mu bamaze kuhagera, barimo Umunya – Silovenia Tadej Pogačar ‘Pogi’, nimero ya mbere ku Isi kugeza ubu.
Pogi wageze i Kigali mu Ijoro ryakeye, asanzwe akinira Ikipe ya UAE Team Emirates XRG yo muri Leta zunze ubumwe z'Abarabu.
Uyu mukinnyi ufite amanota 11235 ku rutonde rw'Impuzamashyirahamwe y'Umukino wo gusiganwa ku Magare ku Isi, UCI, azaba ayoboye Ikipe y'Igihugu ya Slovenia, izaba igizwe n'abandi bakinnyi b'ibikomerezwa barimo: Primož Roglič, Matej Mohorič, Domen Novak, Luka Mezgec, Matevž Govekar, Gal Glivar, Jaka Primožič na Matic Žumer.
Ku myaka 26 y'amavuko, Pogačar, ategerejweho ibikomeye muri iyi Shampiyona , birimo no kwisubiza iri rushanwa yegukanye mu Mwaka ushize [2024], ubwo ryakinirwaga i Zurich mu gihugu cy'Ubusuwisi.
Aje i Kigali kandi afite Isiganwa rya mbere ku Isi mu mukino w'Amagare, Tour de France, yegukanye mu Mpeshyi y'uyu Mwaka [2025].
Shampiyona y'Isi y'Amagare, izakinwa hagati ya tariki ya 21 n'iya 28 Nzeri [9] 2025, ikazanyura mu Mihanda yo mu Mujyi wa Kigali.
Izatangirwa n'abakinnyi b'Abagabo, bazakina basiganwa n'Isaha [Individual Time Trial 'ITT'].
Pogačar azakina ku munsi wa mbere w'iri Siganwa, amare iminsi 7 aruhutse, yongere ku garuka mu Muhanda ku munsi wa nyuma waryo, tariki ya 28 Nzeri [9] 2025, ubwo Abakinnyi b'Abagabo bazaba basiganwa intera ya Kilometero 267 na Metero 500.
Imibare y'Impuzamashyirahamwe y'Umukino wo gusiganwa ku Magare ku Isi, UCI, igaragaza ko iri Rushanwa rizitabirwa n'abakinnyi ndetse n'abafitanye isano ya hafi nabo bakabakaba 5,000.
Mu gihe Abakinnyi gusa, bazaba ari 910 nk'uko byagarutsweho mu kiganiro n'Itangazamakuru cyo kuri uyu wa Gatanu.
Bazarushanwa mu byiciro bitandukanye, birimo: Abagabo, Abagore, Abatarengeje Imyaka 23 n'Ingimbi n'Abangavu.
Isiganwa rizajya rihagurikira ahazwi kuri BK Arena i Remera, risorezwe kuri Kigali Convention Centre ku Kimihurura.
What's Your Reaction?
Like
1
Dislike
0
Love
0
Funny
0
Angry
0
Sad
0
Wow
0



