Abarwayi ba Ebola muri DR Congo bagiye kugeragerezwaho umuti wakozwe na Amerika
Amerika yatanze doze z’umuti ukiri mu igerageza w’ubwirinzi bw’umubiri wakozwe n’uuruganda ‘Mapp Biopharmaceutical’ rwo muri icyo gihugu kugira ngo ukoreshwe mu igeragezwa ku barwayi mu rwego rwo kurwanya iki cyorezo kirimo kwiyongera muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), nk’uko bitangazwa n’ibiro ntaramakuru Reuters, dukesha iyi nkuru.
Reuters ivuga ko ibi byatangajwe n’umuvugizi wa Minisiteri y’ubuzima ya Amerika.
Ni icyemezo cyafashwe nk’impinduka ku ho Amerika yari ihagaze, kuko uyu muti yawugeneraga Abanyamerika gusa.
Nyuma y’uko isenye ikigo cyayo cy’iterambere mpuzamahanga (USAID) ndetse ikagabanya imfashanyo yayo muri aka karere, Amerika ubu irimo gutanga umusanzu uciriritse mu gufasha mu cyo ikigo cy’Amerika cyo kurwanya no gukumira indwara yise icyorezo cya mbere kibi cyane kugeza ubu, kidafite uburyo bukomeye bwo guhangana na cyo.
Gusa, umuvugizi wa Minisiteri y’ubuzima ya Amerika, yanze kubwira Reuters umubare wa doze izaha DRC.
Mu butumwa bwo kuri ‘Email’, yavuze ko uyu muti urimo gutangwa muri DRC ngo ukoreshwe ku bw’impuhwe no kugira ngo habeho kwihutisha igerageza ryawo ku banduye iki cyorezo kiri mu bihugu bimwe byo mu karere.
Uyu muvugizi, yavuze ko amakuru azava muri iryo gerageza ashobora gushingirwaho mu bugenzuzi bw’uyu muti ndetse no kuba washobora kuzemezwa na Amerika.
Nta nkingo cyangwa imiti byemejwe biriho bya Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo.
Kugeza ku itariki ya 21 y’uku kwezi kwa Kamena (6), abantu 1,048 bari bamaze kwemezwa ko banduye Ebola muri DRC, mu gihe 267 yabishe, naho 112 bayikize bagasezererwa mu bitaro, nk’uko abashinzwe ubuzima babivuze.
Uretse muri DRC, Muri Uganda abayobozi bemeje ko abantu babiri bishwe na Ebola, aba bakaba ari abantu bari barakoreye ingendo muri Uganda bavuye muri DRC.
Abayobozi bo muri Uganda banemeje ko abantu 20 banduye Ebola naho 14 barakize barasezererwa bava mu bitaro.
Ku wa mbere, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO), ryabwiye Reuters ko doze z’uyu muti w’uruganda ‘Mapp’ n’indi miti (Therapeutics) igenewe igerageza, ubu irimo kujyanwa muri DRC.
Umuvugizi wa Minisiteri y’ubuzima muri Amerika, yavuze ko igihugu cye kirimo gukorana n’abafatanyabikorwa bo mu buvuzi mu gutegura abazakorerwaho iryo geragezwa mu bigo by’ubuvuzi.
Bubaye ubwa mbere Leta ya Amerika igaragaje gahunda yo gufashisha mu buryo butaziguye amagerageza y’uyu muti w’ubwirinzi bw’umubiri uzwi nka ‘MBP134’ w’uruganda Mapp, rufite ikicaro mu Mujyi wa San Diego muri Leta ya California, mu gutanga doze zo mu bubiko bwayo.
Mbere, Amerika yavuze ko doze z’uyu muti zizakoreshwa gusa ku Banyamerika baba bari mu byago byinshi nyuma yo kugira aho bahurira n’iyi virusi.
Kugeza ubu, Amerika imaze gusezeranya za miliyoni zibarirwa mu magana z’Amadolari zigenewe guhangana na Ebola, ndetse irimo kubaka muri Kenya ikigo cy’akato kitavugwaho rumwe kigenewe Abanyamerika, ikavuga ko icyo ishyize imbere ari ugutuma Ebola itagera muri Amerika.
What's Your Reaction?
Like
0
Dislike
0
Love
0
Funny
0
Angry
0
Sad
0
Wow
0



