UN yavuze ko ‘Ebola’ ishobora guhombya Afurika Miliyari 3.6$
Kuri uyu wa 30 Kamena (6) 2026, Umuryango w’Abibumbye (UN) watangaje guhashya Virusi ya Ebola ku Mugabane wa Afurika bishibora gutwara arenga Miliyari eshatu n’igice z’Amadorali ya Amerika.
Uretse ibi kandi, UN ivuga ko ababarirwa mu bihumbi bashobora kubura imirimo, ndetse bikadindiza ubukungu nk’uko byatangajwe n’Ikinyamakuru cy’Abanyamerika, Reuters, dukesha iyi nkuru.
Kuva Virusi ya Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo yatangira kurikoroza tariki ya 15 Gicurasi (5) 2026, imaze guhitana abantu 377 mu 1,307 bayanduye muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) nk’uko imibare ya Leta ibigaragaza.
Iyi Virusi itarabonerwa urukingo ntabwo iri muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo gusa, kuko yanambutse Imipaka igera muri Uganda.
N’ubwo nta mibare ihamye ivugwa y’abayanduye muri Uganda, inzobere mu ndwara z’ibyorezo, zivuga ko hatagize igikorwa ishobora gukwira mu bihugu bituranye nayo birimo ‘Sudani y’Epfo’ by’umwihariko.
Umuyobozi w’Ishami rya UN ryita ku iterambere (UNDP), muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Damien Mama, akomoza ku guhangana n’iki cyorezo, yagize ati:“Tubonye ubushobozi kandi tugakaza ingamba, dushobora guhagarika kugihagarika ndetse no kwirinda ibindi byago gishobora guteza”.
Yunzemo ati:“Nitutabubona, iyi Virusi ishobora kuvamo amakuba akomeye cyane kandi y’igihe kirekire mu bijyanye n’urwego rw’iterambere mu karere ndetse ashobora no kugera ku rwego rw’umugabane wa Afurika muri rusange”.
Raporo ya UNDP, yagaragaje uburyo butatu bw’ibyago byatezwa n’iyi Virusi.
UNDP ivuga ko uburyo bwa mbere ari uko yaguma muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo na Uganda gusa.
Iyi raporo ivuga ko ibi bikozwe, umusaruro mbumbe wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo wagabanukaho Miliyari 1 y’Amadolari ya Amerika.
Uburyo bubi cyane, ni ubw’uko Ebola yakwira no mu bihugu birimo u ‘Rwanda na Angola’, ndetse bikajyana no kuzamuka kw’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli, bifitanye isano n’ibibera muri Iran.
Muri ubwo buryo bubi cyane, umusaruro mbumbe wa Afurika, wagabanukaho Miliyari 3.6 z’Amadolari ya Amerika ndetse bantu bagera ku 328,000 bakabura akazi.
What's Your Reaction?
Like
0
Dislike
0
Love
0
Funny
0
Angry
0
Sad
0
Wow
0



