Afurika y’Epfo: Umutekano wakajijwe mu guhangana n’imyigaragambyo irwanya abimukira
Abapolisi n’abashinzwe umutekano bo mu bigo byigenga, bashyizwe ahantu hatandukanye muri Afurika y’Epfo mu rwego rwo guhangana n’imyigaragambyo bivugwa ko yateguwe n’abamagana abimukira, aho byitezwe ko ishobora kuvamo urugomo.
Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yasabye abateganya kwitabira iyi myigaragambyo kubikora ‘Nta gutera ubwoba, badashyizeho ibikangisho cyangwa gutanga nyirantarengwa’.
Iyi myigaragambyo iteganyijwe kuri uyu wa kabiri nk’itariki ntarengwa yashyizweho n’impirimbanyi, ko abanyamahanga badafite ibyangombwa byemewe n’amategeko bagomba kuba bamaze kuva muri Afurika y’Epfo.
Abanyamahanga benshi bamaze guhunga Afurika y’Epfo kubera ubwoba bwo gukorerwa urugomo no guterwa ubwoba.
Polisi yatangaje ko kugeza ubu abantu bagera ku 25,000 bamaze gusubizwa mu bihugu byabo.
Benshi muri bo, ni abo mu bindi bihugu bya Afurika.
Mu Mujyi wa Johannesburg, aho imwe mu myigaragambyo iteganyijwe kubera, haragaragara ituze ridasanzwe.
Amaduka yose yegereye ahateganyijwe kubera imyigaragambyo yafunzwe, ndetse hari umubare munini w’Abapolisi ku mihanda minini y’uyu Mujyi.
Polisi yatangaje ko abantu batanu batawe muri yombi mu gace gakomeye ka Soweto muri Johannesburg, bakaba bashinjwaga gusahura iduka ry’umunyamahanga.
Yatangaje kandi ko abandi bantu batanu na bo batawe muri yombi mu gace ka Hammarsdale mu ntara ya KwaZulu-Natal bashinjwa kwinjira ku ngufu mu iduka rito.
Mu mujyi wa Durban rwagati, ari wo munini muri iyo ntara, ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byafunzwe.
Perezida Ramaphosa yakomeje kuburira abigaragambya ngo babikore mu mahoro kandi bashyira mu gaciro, ariko anemera ko hakenewe ivugururwa ry’amategeko agenga abinjira mu gihugu.
What's Your Reaction?
Like
0
Dislike
0
Love
0
Funny
0
Angry
0
Sad
0
Wow
0



