Nyamagabe: Dosiye ya visi meya na gitifu igeze he?
Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB) rukomeje gukurikirana dosiye z’abakozi babiri bo mu Karere ka Nyamagabe.
Aba bakoni barimo ‘Uwamariya Agnes’ visi meya ushinzwe imibereho myiza na ‘Nkurikiyimana Pierre’ Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musebeya.
Uwamariya akurikiranyweho icyaha cyo kutamenyekanisha icyaha cy’ubugome.
Ingingo ya 243 y’Itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30 Kanama (8) 2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko umuntu wese uhamijwe iki cyaha ahanishwa igifungo kiri hagati y’amezi atandatu n’umwaka umwe, akanacibwa ihazabu iri hagati y’amafaranga y’u Rwanda 100.000 na 300.000.
Nkurikiyimana Pierre, akurikiranyweho ibyaha bine birimo guhoza undi ku nkeke bifitanye isano n’imibonano mpuzabitsina, gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, gufata icyemezo gishingiye ku rwango ndetse no gusaba cyangwa gukora ishimishamubiri rishingiye ku gitsina.
Ku cyaha cya mbere, amategeko ateganya ko iyo gikozwe n’umukoresha cyangwa umuyobozi witwaje ububasha bwe agahohotera uwo ayobora akoresheje amabwiriza, ibikangisho cyangwa iterabwoba agamije inyungu zishingiye ku gitsina, ahanishwa igifungo kuva ku mwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri, hamwe n’ihazabu iri hagati ya 200.000 Frw na 300.000 Frw.
Ku cyaha cya kabiri, ingingo ya 134 y’Itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30 Kanama (8) 2018, itegekanya igifungo kiri hagati y’imyaka 10 na 15 n’ihazabu iri hagati ya 1.000.000 Frw na 2.000.000 Frw ku muntu uzagihamwa.
Ku cyaha cya gatatu, giteganywa n’ingingo ya 8 y’Itegeko No 54/2018 ryo ku wa 13 Kanama (8) 2018 ryerekeye kurwanya ruswa, ugihamijwe ahanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka itanu n’irindwi n’ihazabu iri hagati ya 1.000.000 Frw na 2.000.000 Frw.
Naho ku cyaha cyo gusaba cyangwa gukora ishimishamubiri rishingiye ku gitsina, giteganywa n’ingingo ya 6 y’iri tegeko yerekeye kurwanya ruswa, uwagihamijwe ahanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka itanu n’irindwi, akanatanga ihazabu iri hagati ya 1.000.000 Frw na 2.000.000 Frw.
Kugeza ubu, Uwamariya Agnes na Nkurikiyimana Pierre baracyakorwaho iperereza, bityo amategeko akaba abafata nk’abere kugeza igihe urukiko rubifitiye ububasha ruzafatira umwanzuro wa nyuma ku byaha bakekwaho.
Amafoto
Uwamariya Agnes
Nkurikiyimana Pierre.
What's Your Reaction?
Like
1
Dislike
0
Love
0
Funny
0
Angry
0
Sad
0
Wow
0



