Amagare: Magdeleine Vallieres yegukanye Shampiyona y'Isi mu Bagore, Abanyarwandakazi 4 habura n'umwe uyisoza

Sep 27, 2025 - 17:48
Amagare: Magdeleine Vallieres yegukanye Shampiyona y'Isi mu Bagore, Abanyarwandakazi 4 habura n'umwe uyisoza

Umunya – Canada, Vallieres Magdeliene Mill, yegukanye Shampiyona y'Isi mu kiciro cy'abagore [Women's Elite], nyuma yo kwanikira abandi ku ntera ya Kilometero 164 na Metero 600.

Vallieres yegukanye iyi Shampiyona akoresheje Amasaha 4, Iminota 34 n'Amasegonda 48.

Umwaka ushize ubwo iyi Shampiyona yakinirwa i Zurich mu Busuwisi, Vallieres yari yasoreje ku mwanya wa 14, asigwa Iminota 3 na Lotte Kopecky, Umubiligikazi wari wayegukanye akoresheje 4h05'26" ku Ntera ya 154,1km.

I Kigali, Vallieres yakurikiwe n’Umunya – New Zealand, Niamh Fisher-Black yasize 23’’, mu gihe Umunya – Esipanye, GARCIA CANELLAS Margarita Victo yabaye uwa 3 nyuma yo kumusiga 27’’.

Ku ruhande rw'Abanyarwandakazi ntabwo bahiriwe, kuko: Nirere Xaverine, Ingabire Diane, Nzayisenga Valentine na Irakoze Neza Violette bakinnye iyi Shampiyona, bavuye mu Isiganwa ritarangiye.

Iyi Shampiyona, yakinwe n'Abakinnyi 114 bavuye mu Bihugu 44.

Muri aba bakinnyi 114, abakinnyi 53 gusa nibo basoje Isiganwa.

Amategeko avuga ko iyo umukinnyi uyoboye Isiganwa asize umuntu iminota 15, cyangwa se abandi bakamuzenguruka, ahita ahabwa akurwa mu basiganwa.

Uyu munsi, wakurikiwe n'Umuyobozi w'Ishyirahamwe ry'Umukino w'Amagare ku Isi, David Lappartient ndetse n'Igikomangoma cyo mu Bwami bwa Monaco mu Bufaransa, Albert II.

Nyuma y'Iminsi 7 Shampiyona y'Isi y'Umukino wo gusiganwa ku Amagare ikinirwa i Kigali ku nshuro ya 98 n'iya 01 muri Afurika, kuri iki Cyumweru, irashyirwaho akadomo.

Ni Shampiyona izasozwa n'Isiganwa ry'Abagabo bakuru, aho bazasiganwa Intera ya Kilometero 267 na Metero 500.

Abakinnyi bazatangira kurushanwa guhera ku Isaha ya saa 09:45, bikaba biteganyijwe ko bazasoza ku Isaha ya saa 16:45.

U Rwanda ruzaba ruhagarariwe n’abakinnyi benshi ku nshuro ya mbere mu mateka, aho ruzaba rufitemo batandatu ari bo Manizabayo Eric, Masengesho Vainqueur, Byukusenge Patrick, Muhoza Eric, Nkundabera Eric na Nsengiyumva Shemu.

Muri iri siganwa hitezwe ihangana rikomeye ry’abakinnyi bakomeye ku Isi barimo nimero ya mbere Tadej Poga?ar na Remco Evenepoel wamukojeje isoni muri “Trime Trial” yakinwe ku munsi wa mbere.

Pogacar ni we watwaye Shampiyona y’Isi iheruka ubwo yari yabereye i Zurich mu 2024, aho yiteguye no kongera kuyisubiza, n'ubwo azaba ahanganye na kaburuhariwe w'Umubiligi, Remco Evenepoel, wanamutsinze muri iyi Shampiyona, mu kiciro cyo gusiganwa n'igihe [Time Trial].

  • Inzira izakoreshwa

Abakinnyi bazabanza kuzenguruka inshuro icyenda, Umuhanda wa: KCC → Nyarutarama → MINAGRI → Kimihurura → MediHeal → Ku Kabindi → KCC.

Izo nshuro icyenda zirangiye, bazakoresha Umuhanda wa: Kimihurura → Peyage → Rond Point yo mu Mujyi → Ku Muhima → Nyabugogo → Kuri Ruliba → Karama ka Norvège → Nyamirambo Tapis Rouge → Kimisagara → Kwa Mutwe → Mu Biryogo → Gitega → Rond Point yo mu Mujyi → Peyage → MediHeal → Ku Kabindi → KCC. Iyi nzira, bazayinyuramo inshuro imwe.

Bazasoza bazenguruka izindi inshuro esheshatu, mu Muhanda wa: KCC → Nyarutarama → MINAGRI → Kimihurura → MediHeal → Ku Kabindi → KCC.

Amafoto

No photo description available.

May be an image of 1 person and text that says

May be an image of 3 people, crowd and text

Image

Magdeleine Vallieres riding a bicycle, wearing a red, white, and black cycling jersey with a Canadian flag, black shorts, gloves, and a white helmet with black patterns. Her arms are raised in celebration. Text on the image reads

Image

Image

Image

Image

Image

Image

Image

May be an image of 5 people, bicycle, crowd and text

What's Your Reaction?

Like Like 0
Dislike Dislike 0
Love Love 0
Funny Funny 0
Angry Angry 0
Sad Sad 0
Wow Wow 0