Amagare: Daniel Gathof na Bart Classens begukanye Etape ya kabiri ya Rwandan Epic 2025
Ikipe ya Daniel Gathof ukomoka mu gihugu cy'Ubudage ukina afatanyije na Bart Classens wo mu Buholandi, yegukanye Etape ya kabiri ya Rwandan Epic 2025.
Iyi Etape yahagurutse kuri Nyirangarama mu Karere ka Rulindo yerekeza i Musanze kuri ARCC (Africa Rising Cycling Center), bayitwaye bakoresheje amasaha 3, iminota 14 n'amasegonda 56.
Ku ntera ya Kilometero 78 zo mu Mihanda y'Imisozi, Gathof na Classens basize iminota 13 n'amasegonda 41, Ikipe ya Lukas Baum (Ubudage) na Dan Kiptala (Kenya).
Umwanya wa gatatu muri iki kiciro cy'abakinnyi b'abagabo bakina bafatanyije, wegukanywe n'Ikipe ya Bukhari Banzi (Rwanda) na Louis van Zeeland (Ubuholandi), basizwe iminota 20 n'amasegonda 37.
Bitandukanye n'uko bari bitwaye begukana Etape ya mbere yakinwe tariki ya 01 Ukuboza (12) 2025, Bukhari Banzi na Louis van Zeeland, bagowe n'imihanda yo mu Misozi yo mu Ntara y'Amajyaruguru.
Mu kiciro cy'abakinnyi b'abagabo bakina ku giti cyabo, iyi Etape yari ku butumburuke bwa metero 1846, yegukanywe n’Umunya-Noruvege, Thomas Nærland, wakoresheje 04:08:16.
Thomas yakurikiwe n'Umunyarwanda, Nkurikiyinka Jackson usanzwe ukinira Nyabihu Cycling Team muri Road Race, wakoresheje 04:10:26.
Uretse kwitwara neza uyu munsi, Nkurikiyinka yari yanasoje Etape ya mbere asigwa amasegonda 36 gusa n'Umubiligi, Geert Knoops.
Umwanya wa gatatu, wegukanywe n’Umwongereza, Carsper Kaars Sijpesteijn wakoresheje 04:25:39.
Nyuma yo gusoreza ku mwanya wa kabiri, Nkurikiyinka aganira n'Itangazamakuru, yavuze ko intego ari ugukora ibishoboka byose akazegukana Rwandan Epic iri gukinwa ku nshuro yayo ya gatanu.
Mu kiciro cy'Ikipe y'Abakinnyi bo mu kiciro cy'abagore bakina bafatanyije, iyi Etape yegukanywe n'Ikipe ya (Team BeMC–Ndabaga) igizwe na Elodie Kuijper (Ubuholandi) n'Umunyarwandakazi, Martha Ntakirutimana.
Mu kiciro cy'Ikipe y'umukinnyi w'umugabo ukina afatanyije n'uw'umugore, Etape ya kabiri yegukanywe n'Abanya-Afurika y'Epfo, Bianca Haw wakinnye afatanyije na Wade Young.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 03 Ukuboza (12) 2025, harakinwa Etape ya gatatu, iza guhagurikira kuri ARCC mu Karere ka Musanze, yerekeza i Burera ku nkengero z'Ibiyaga bya Burera na Ruhondo, muri Etape izwi ku izina rya Twin Lakes.
Iyi Etape izasorezwa rwagati mu Mujyi wa Musanze, izaba ireshya na 52.9km, ikazakinirwa ku butumburuke bwa 883m.
Amafoto
Umuyobozi wa Entreprise Urwibutso izwi nka Nyirangarama, Sina Gérard, n'umwe mu bakirikiranye Etape ya kabiri ya Rwandan Epic
Elodie Kuijper na Martha Ntakirutimana, begukanye Etape ya kabiri nyuma yo gutwara iy'umunsi wa mbere
Muri Rwandann Epic, Abakunzi bahuza urugwiro, nyuma yo gukiranuka n'Imisozi n'Ibibaya
Ku Mihanda itandukanye, Abaturage bishimira abakinnyi, bakabereka urugwiro
Urubyiruko ruhabwa umwanya rukaza kwihera amaso zimwe mu nzozi zabo z'ahazaza.
Louis van Zeeland na Bukhari Banzi bageze ku murongo baribwa isataburenge n'Abanyazambiya.
What's Your Reaction?
Like
0
Dislike
0
Love
0
Funny
0
Angry
0
Sad
0
Wow
0



