Amagare: Hudson Harry na Lorenzo Finn begukanye Shampiyona y’Isi mu Ngimbi na U – 23 (Amafoto)
Kuri uyu wa 26 Nzeri [9] 2025, wari umunsi wa gatandatu wa Shampiyona y'Isi y'Amagare, iri gukinirwa mu Rwanda ku nshuro ya 98 n'iya 01 k'Umugabane w'Afurika.
Wari umunsi wahariwe Ingimbi [Abakinnyi b'Abagabo batarengeje Imyaka 18] n'abatarengeje Imyaka 23.
Ikiciro cy'Ingimbi cyakinnye Intera ireshya na Kilometero 119 na Metero 300, mu gihe mu cy'abatarengeje Imyaka 23, cyakinnye Intera ya Kilometero 164 na Metero 600.
Mu Ngimbi, Umwongereza HUDSON Harry, yahize abandi nyuma yo gukoresha 2:55:19.
Yakurikiwe n'Umufaransa, BLANC Johan, wakoresheje 2:55:35, mu gihe umwanya wa gatatu wegukanywe n'Umunyapolonye, JACKOWIAK Jan, wakoresheje 2:55:35.
Ku ruhande rw'Abakinnyi b'Abanyarwanda, ntabwo bahiriwe n'uyu Munsi, kuko MOISE Ntirenganya niwe rukumbi wasoje izi Kilometero 119 na Metero 300, nyuma yo gukoresha 3:09:32.
Mu kiciro cy'abatarengeje Imyaka 23, FINN Lorenzo Mark, yakoresheje 3:57:27.
Lorenzo yegukanye iyi Shampiyona, nyuma yo kuyegukana Umwaka ushize, ubwo yakinirwaga i Zurich mu Busuwisi mu kiciro cy'Ingimbi.
Yakurikiwe n'Umusuwisi, HUBER Jan, wakoresheje 3:57:58, mu gihe umwanya wa gatatu wegukanywe n''Umunya-Austria, SCHRETTL Marco, nyuma yo gukoresha 3:58:40.
NIYONKURU Samuel niwe mukinnyi w'Umunyarwanda witwaye neza, 4:13:31. Gusa, yasinzwe 6:04 na Lorenzo wegukanye iyi Shampiyona, nyuma yo gusoreza ku mwanya wa 50 mu bakinnyi 56 basoje Intera ya 164,6 Km.
Abandi bakinnyi b'Abanyarwanda barimo: TUYIZERE Etienne, UFITIMANA Shadrack na RUHUMURIZA Aime, ntabwo basoje Isiganwa.
Muri rusange, isiganwa ryatangiwe n'abakinnyi 118 ariko 62 ntibasoza.
Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 27 Nzeri 2025, uzaba ari Umunsi wa Karindwi wa Shampiyona y’Isi y’Amagare ya 2025, ndetse ni wo ubanziriza uwa nyuma.
Guhera mu gitondo, saa Mbiri n’iminota 20, hazaba isiganwa ryo mu muhanda ry’abakobwa batarengeje imyaka 19, bazakora intera y’ibilometero 74 kugeza saa 10:40.
U Rwanda ruzahagararirwa na Masengesho Yvonne ari kumwe na Uwiringiyimana Liliane.
Guhera saa 12:05 hazaba isiganwa ry’abagore bazakora intera y’ibilometero 164,6 kugeza saa 16:45.
U Rwanda ruzahagararirwa na Ingabire Diane, Irakoze Neza Violette, Nirere Xaverine na Nzayisenga Valentine.
Amafoto
What's Your Reaction?
Like
0
Dislike
0
Love
0
Funny
0
Angry
0
Sad
0
Wow
0



