Rwandan EPIC: Abakinnyi 85 bategerejwe mu Isiganwa mpuzamahanga ry'Amagare yo mu Misozi
Abakinnyi 85 bavuye mu bihugu 16, bategerejwe mu Isiganwa mpuzamahanga ry'Amagare akinirwa mu Misozi, rimaze kumenyerwa nka Rwandan EPIC.
Kuri uyu wa mbere tariki ya 01 Ukuboza (12) 2025, rirakinwa ku nshuro ya gatanu, nyuma yo gutangira gukinirwa mu Rwanda guhera mu 2021.
Biteganyijwe ko rizasozwa ku wa gatanu tariki ya 05 Ukuboza (12) 2025, abakinnyi barushanyijwe ku ntera ya Kilometero 244 na Metero 900.
Mu kiganiro n'Itangazamakuru kuri iki Cyumweru, Umuyobozi wa Rwandan Epic, Simon De Schutter, yavuze ko kuri iyi nshuro, abakunzi b'Umukino w'Amagare yo mu Misozi, baza kuryoherwa kurushaho, cyane ko Rwanda EPIC ariryo Siganwa mpuzamahanga ry'Amagare rikinirwa mu Rwanda, risanga Abaturage aho batuye.
Mu bakinnyi 85 bazaryitabira, u Rwanda nirwo rufite umubare munini w'abakinnyi, 18, bahwanye na 24% ry'abazasiganwa bose.
Uretse u Rwanda, Esipanye iza ku mwanya wa kabiri n'abakinnyi benshi, aho ifite 18%.
Mu gihe Ibihugu bya Zambiya na Noruvege (Norway), aribyo bizaba bikinnye iri rushanwa ku nshuro ya mbere.
Akomoza ku Myaka ine (4) n'iyi nshuro ya gatanu (5) iri rushanwa rikinwa, Simon yagize ati:“Kuri twe, Rwandan EPIC irenze kuba irushanwa. Twishimira ko abaryitabira babona umwanya wo gusabana, ndetse ku kwihera amaso ibyiza nyaburanga bitatse u Rwanda”.
Yunzemo ati:“Ndizera ko mu Myaka iri imbere, iri rushanwa rizaba ikiraro gifasha abakinnyi b'u Rwanda kwigaragaza ku ruhando mpuzahamanga, ndetse no kwerekana ko mu Rwanda, Umukino w'Amagare umaze gushinga imizi”.
Ku mufatanyabikorwa muri iri rushanwa, Visi Perezida w'Ishyirahamwe ry'umukino w'Amagare mu Rwanda (FERWACY), Valentin Bigango, yavuze ko iri Siganwa ari rimwe mu yo bishimira ko akinirwa mu Rwanda.
Ati:“Uretse abategura Rwandan EPIC, amarembo arakinguye no ku bandi, mu rwego rwo guteza imbere umukino w'Amagare akinirwa mu Misozi. Ibi bizadufasha kwereka Isi ko u Rwanda ari igicumbi cy'uyu mukino, ndetse bidukingurire amarembo yo kwakira Shampiyona y'Isi y'umukino w'Amagare akinirwa mu Misozi”.
Bigango yaboneyeho gusaba abakunzi b'Umukino w'Amagare n'Abanyarwanda muri rusange, kuzafana abakinnyi ku mihanda ndetse no kubereka urukundo, cyane ko u Rwanda ari Igihugu kimaze kwerekana ko kwakira neza abashyitsi cyabigize intego.
Bamwe mu bakinnyi bo guhanga amaso muri iri siganwa, harimo “Lukas Baum”, wegukanye Cape EPIC ndetse akaba ari n'umwe mu beza ku Isi bakina uyu mukino.
Hari kandi, “Umunyakenya Daniel Kiptala”, uyu akaba yaregukanye Shampiyona ya Kenya ndetse no ku ruhando rw'Afurika, akaba ari umwe mu bihangange.
Umunya-Estonia, Rein Taaramäe, n'umwe mu bakinnyi bo ku Mugabane w'u Burayi, bahanzwe amaso muri iri siganwa, cyane ko aje i Kigali yaranegukanye Shampiyona yo muri Estonia.
Daniel Gathof wegukanye imwe muri Rwandan EPIC zimaze gukinwe, n'undi mukinnyi wo kwitega muri 85 basiganwa guhera kuri uyu wa Mbere.
Iri siganwa rizakinwa mu byiciro bine (4), birimo; Ikipe y'Abakinnyi babiri b'Abagabo bakina bafatanyije, Ikipe y'Abagore babiri bakina bafatanyije, Ikipe y'Umugabo ukina afatanyije n'Umugore, ndetse n'ikiciro cy'Umukinnyi ukina ku giti cye mu bagabo n'abagore.
Muri ibi byiciro, harimo ikihariye kiswe (Silverbacks), aho igiteranyo cy'abakinnyi bazaba bagize Ikipe, kizaba ari Imyaka 89 kuzamura.
- Uduce (Etape/Stage) zizakinwa
Umunsi wa 1: Mont Kigali
Intera: 8,8km
Ubutumburuke: 259m
Aho gutangirira: Fazenda
Aho gusoreza: Fazenda
Umunsi wa 2: Mont Kabuye
Intera: 76,1km
Ubutumburuke: 1846m
Aho gutangirira: Nyirangarama
Aho gusoreza: ARCC (Africa Rising Cycling Center)
Umunsi wa 3: Twin Lakes
Intera: 52,9km
Ubutumburuke: 883m
Aho gutangirira: ARCC (Africa Rising Cycling Center)
Aho gusoreza: Musanze Town
Umunsi wa 4: Volcanoes
Intera: 29,8km
Ubutumburuke: 514m
Aho gutangirira: Kwita Izina
Aho gusoreza: Kwita Izina Grounds
Umunsi wa 5: Buranga
Intera: 77,3KM
Ubutumburuke: 1392m
Aho gutangirira: Nemba
Aho gusoreza: Shyorongi.
Mu Ntera zakinwe mu nshuro enye iri siganwa rimaze gukinwa, izahaguruka Nemba yerekeza i Shyorongi n'iyo nhya, mu gihe hanabayemo impinduka kuri Etape yarisanzwe isoreza kuri ARCC (Africa Rising Cycling Center), yerekejwe rwagati mu Mujyi wa Musanze.
Twibutse ko Umwaka ushize, ubwo iri siganwa ryakinwaga ku nshuro yaryo ya kane (4), ryegukanywe n'Ababiligi Axel Baumans na Pierre de Froidmont.
What's Your Reaction?
Like
0
Dislike
0
Love
0
Funny
0
Angry
0
Sad
0
Wow
0



