Dubai: Charles wacuruzaga 'Abakobwa n'Abagore' ku Bagabo bifuza gukora Imibonano mpuzabitsina yacakiwe

Sep 29, 2025 - 18:26
Dubai: Charles wacuruzaga 'Abakobwa n'Abagore' ku Bagabo bifuza gukora Imibonano mpuzabitsina yacakiwe

Nyuma y'inkuru icukumbuye yakozwe n'Ikinyamakuru cy'Abongereza [BBC], ku bijyanye n'ibikorwa by'ubucuruzi bw'Abagore n'Abakobwa bikorerwa i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu, umwe muri ba ruharwa bari babiyoboye, yatawe muri Yombi na Polisi y'aha i Dubai.

Uyu watawe muri yombi, ni Umugande witwa Charles Mwesigwa, ariko yari yariyise “Abbey”, mu rwego rwo kwiyoberanya.

Mu bucukumbi bwa BBC bwagejeje ku itabwa muri Yombi rya “Abbey”, Umunyamakuru yari yigize nk'umwe mu bashaka Abakobwa n'Abagore bo gukoresha Imibonano mpuzabitsina, maze afata Amashusho “Abbey”, yemera ko yamuha ibyo ashaka, ku kiguzi gihera ku Mafaranga 1000$.

Muri aya Mashusho, “Abbey” yavuze ko nyuma yo gutanga abo Bagore n'Abakobwa, baba bategetswe gukora ikintu cyose uwabaguze [Umukiriya] ashaka, kandi ko yari asanzwe ari Umushoferi wa Busi [Bus] mu Mujyi wa Londres mu Bwongereza.

N'ubwo yatawe muri Yombi, ntiharamenyekana Ibyaha aregwa muri Leta zunze Ubumwe z'Abarabu, ndetse n'Ubuyobozi bw'iki gihugu ntacyo buratangaza ku itabwa muri Yombi rye.

Gusa, BBC dukesha iyi nkuru, yemeje ko koko “Abbey” yatawe muri Yombi kandi afungiye muri imwe muri Gereza nkuru yo mu Mujyi wa Dubai, nyuma yo guhabwa amakuru na kimwe mu Bigo by'Abagenzacyaha.

Iki Kigo cyahaye amakuru BBC, cyayibwiye ko “Abbey” yari yashyiweho na Interpol Uganda, Impapuro zo kumuta muri Yombi.

Muri iyi nkuru icukumbuye yakozwe na BBC, yahawe amakuru n'abatangabuhamya b'Abagore n'Abakobwa bakiri bato bavuka mu gihugu cya Uganda, bayibwiye ko bajyanywe i Dubai babiwe ko bagiye gukora akazi, ariko bisanga bafite Amadeni ndetse banahatirwa gukora Uburaya.

Hari abagore bavuze ko bari bazi ko bagiye i Dubai gukora nko mu Maduka manini n'Amahoteri, ariko bisanga bakora Uburaya, mu gihe nyamara butemewe n'amategeko i Dubai.

Muri ubu Buraya, bakoreshwaga ibiteye Isoni, birimo “Kubitumaho no Kubanyarira”.

Mia, Umutangabuhamya wahinduriwe izina ku mpamvu z'Umutekano we, yavuze ko yababajwe no kuba yarisanze mu mutego w'ubufatanyacyaha na Mwesigwa.

Muri iri perereza rya BBC, Mwesigwa yahakanye ibyo aregwa, avuga ko icyo yakoraga ari ugufasha abo Bagore n'Abakobwa kubona Akazi, ndetse ko aya Mazu bivugwa ko bacururizwaho, ariho aho babaga bari mu gihe batarabona akazi.

Ku bijyanye no kubajya mu Bitaramo n'Ibirori, yavuze ko abo Bagore n'Abakobwa bamujyaga inyuma, kuko aziranye n'abantu bafite Amafaranga menshi aha i Dubai.

Monic Karungi na Kayla Birungi, ni Abagandekazi bakozweho iperereza, bari bafite aho bahuriye na Mwesigwa, ariko baje gupfa basunitswe bakagwa hasi bavuye ku Nzu z'Imiturirwa.

N'ubwo izi Mpfu zabo zavuzwe ko biyahura, Imiryango yabo n'abavandimwe, bavuga ko Polisi yari gukora iperereza zitanga amakuru arenze ayo babonye ku bavandimwe babo.

Mu minsi ishize, mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda, hagarutswe ku bijyanye n'iri Perereza ryakozwe na BBC, Abadepite bavuga ko bibabaje kandi biteye isoni, biyemeza gukorana na Interpol kugira ngo abagizweho ingaruka n'ibikorwa Mwesigwa bazabone ubutabera.

What's Your Reaction?

Like Like 0
Dislike Dislike 1
Love Love 0
Funny Funny 0
Angry Angry 0
Sad Sad 1
Wow Wow 0