Gakenke: Ingo zisaga ibihumbi 75 zoroye Amatango magufi n'amaremare

Jan 23, 2026 - 09:01
Gakenke: Ingo zisaga ibihumbi 75 zoroye Amatango magufi n'amaremare

Ingo zisaga ibihumbi 75 mu Karere ka Gakenke, zoroye Amatungo magufi n’amaremare.

Aka Karere ko mu Ntara y'Amajyaruguru y'u Rwanda, ni kamwe mu dufite abaturage bakora ubuhinzi n’ubworozi nk’umwuga mu gihugu hose.

Muri ubu buhinzi n'ubworozi, bakuramo ibitunga imiryango ndetse bagasagurira n’amasoko.

Imibare yo muri Mutarama (1) 2026, igaragza Akarere ka Gakenke gafite Ingo 93,609 ziri mu Mirenge 19.

Muri izi Ngo, 80.7% byazo zihwanye n'Ingo 75.537, borora Amatungo magufi n’amaremare.

Mu Matungo maremare n'amagufi, boroye Inka zirenga ibihumbi 69, Ingurube zirenga ibihumbi 38, Ihene zirenga ibihumbi 35, Intama zirenga ibihumbi 17, Inkoko zirenga ibihumbi 130 n'ayandi...

MU Mirenge 19 igize aka Karere, uwa Busengo niwo woroye Inka nyinshi, aho ubarurwamo 4547, ugakurikirwa n’uwa Rushashi woroye 4362.

Mu bworozi bw’Ihene, Umurenge wa Ruli niwo ufite nyinshi, kuko woroye zisaga 3629, ugakurikirwa n’uwa Coko ufite 3352.

Mu bworozi bw’Ingurube, Umurenge wa Rusasa niwo woroye nyinshi, aho habarurwa 5601, ugakurikirwa n’uwa Cyabingo ufite 4253.

Mu bworozi bw’Inkoko, Umurenge wa Gakenke niwo uza imbere aho ubarurwamo Inkoko 63393, ugakurikirwa n’uwa Gashenyi woroye Inkoko 11268.

Muri aka Karere kandi, habarurwa Amakusanyirizo y’Amata 6, yakira Litiro 12700 ku munsi.

Uretse Amata, hari kandi Ikusanyirizo ry’Amagi, ryakira asaga 60,000 ku munsi, mu gihe hari n'Amabagiro 2 y’Ingurube atanga inyama izisaga Ibiro igihumbi (1,000Kg) ku munsi.

Muri aya Mabagiro, Ibagiro 1 ry’Inka, ritanga inyama zisaga Toni 4 (4,000Kg) ku munsi.

Twibutseko aka Karere ari kamwe muri 5 tugize Intara y’Amajyaruguru y’u Rwanda, kakaba gatuwe n’Abaturage 389 110.

Muri aba baturage, Abagore ni 196, 512 bahwanye na 50.5%, mu gihe Abagabo ari 192,598 bahwanye na 49.5 %.

Amafoto

What's Your Reaction?

Like Like 0
Dislike Dislike 0
Love Love 0
Funny Funny 0
Angry Angry 0
Sad Sad 0
Wow Wow 0
Habimana jean Paul Theupdate journalist