DR – Congo: Umusirikare wakatiwe azira “gusomana n’umukunzi we” yarushinze (Amafoto)
Umunyarwanda yagize ati:“Ntabutahwa butagezwe Intorezo”.
Iyi mvugo yatangiye gukoreshwa ku mbuga nkoranyambaga, nyuma y'uko Sarah Ebabi, Umusirikare wo mu Ngabo z'Igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, asabiwe gukatirwa n'Urukiko rwa Gisirikare azira gusomana n'umukunzi we mu ruhame, yambaye umwenda w'akazi.
Nyuma yo gusabirwa ufungwa, Sarah yabiteye utwatsi, abishimangira asezerana na Kelly Nkolly, wari wagaragaye mu mafoto basomana.
Ubukwe bwa Sarah na Kelly bwabaye ku wa 31 Ukwakira (10) 2025, nyuma y'uko Sarah avuye muri Kasho (Gereza), azira gusoma uwo yihebeye.
Ku wa 24 Ukwakira (10) 2025, nibwo Sarah yatawe muri yombi, nyuma y'amafoto n'amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga by'umwihariko “TikTok”, agaragaza ko yitegura kurushingana na Kelly.
Yahise ashinjwa gukoresha umwambaro w’akazi mu buryo bubangamiye isura y’Ingabo (Igisirikare) ndetse no kutubahiriza amategeko agenga Abasirikare.
Tariki ya 29 Ukwakira (10) 2025, Urukiko rukuru rwa Gisirikare rwamuhamije icyaha, rumuhanisha igifungo cy’Umwaka ubitse.
Nyuma yo gukatirwa Umwaka usubitse, yararekuwe, asubira mu myiteguro y’Ubukwe.
Ubukwe bw'aba bombi (Sarah & Kelly), bwaranzwe no gusomana byeruye, nk'ikimenyetso cyo guhamya ko bemeranywa n'ibyari byakozwe mbere.
Amashusho y’Ubukwe bwabo, yasembuye ibitekerezo bitandukanye ku mbuga nkoranyambaga, bamwe bavuga ko Sarah yashatse kwerekana ko “ntacyo yari yahaniwe” mu gihe abandi babifashe nk’uburyo bwo kugaragaza ko urukundo rwe rutigeze ruhungabanywa n’igihano yakatiwe.
Amafoto
What's Your Reaction?
Like
0
Dislike
0
Love
1
Funny
0
Angry
0
Sad
0
Wow
0



