Gymnase y'Akarere ka Kirehe igiye kwakira Shampiyona ya Volleyball
Inzu y'Imikino n'Imyidagaduro (Gymnase) y'Akarere ka Kirehe, igiye kwakira imikino ya Shampiyona ya Shampiyona ya Volleyball, nyuma yo kuzura itwaye Miliyari 2 na Miliyoni 700 z'Amafaranga y'u Rwanda.
Imikino iteganyijwe kuhakinirwa, izaba isoza umunsi wa nyuma w'imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda.
Iyi mikino iteganyijwe mu Cyumweru gitaha tariki ya 06 Ukuboza (12) 2025, ari nawo munsi izafungurwaho ku mugaragaro.
Aya makuru, yemejwe n'umuyobozi w'Akarere ka Kirehe, Bruno Rangira nk'uko amakuru dukesha The Newtimes abivuga.
Imirimo yo kubaka Gymnase y'Akarere ka Kirehe, yari iteganyijwe gusozwa mu Kwezi kwa Kamena (6) uyu Mwaka, iza gukomwa mu nkokora n'impanuka yabaye ubwo imirimo yo kuyubaka yari igeze mu Isakaro, ndetse ikanatwara ubuzima bw'abantu babiri.
Mbere yo gukinirwamo mu Cyumweru gitaha, kuri uyu wa Kane tariki ya 27 Ugushyingo (11) 2025, abayubatse barayishyikiriza ubuyobozi bw'Akarere nk'igihamya ko yamaze kuzura.
Mu kiganiro na The Newtimes, Umuyobozi w'Akarere ka Kirehe, Rangira yagize ati:“Twifuzaga gutegura Irushanwa ryacu mu rwego rwo kwishimira iki gikorwaremezo cy'indashyikirwa. Gusa, ntabwo byadukundiye. Twahisemo kwegera Ishyirahamwe rya Volleyball mu Rwanda (FRVB), turisaba ko ryazaduha imwe mu mikino ya Shampiyona”.
Gymnase y'Akarere ka Kirehe yubatse rwagati mu Mujyi wa Nyakarambi, ahahoze hari Ikibuga cy'Umupira w'Amaguru cyakinirwaho na Kirehe FC.
Ifite ubushobozi bwo kuzajya yakira abafana 1200 bicaye neza. Uretse Umukino wa Volleyball, biteganyijwe ko izajya inakinirwamo imikino ya Basketball.
Mu mujyo wo guteza imbere imikino y'intoki, Ikibuga cy'Umukino wa Handball nacyo kiri kubakwa.
What's Your Reaction?
Like
4
Dislike
0
Love
3
Funny
0
Angry
0
Sad
0
Wow
3



