OMS yatangaje ko DR – Congo yatsintsuye Icyorezo cya Ebola
Ishami ry'umuryango w'abibumbye ryita ku Buzima, (OMS/WHO), ryatangaje ko Umurwayi wa nyuma wa Ebola muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo yayikize. Uyu yari umwe mu bandi 19 bagize amahirwe yo kuyikira.
Uyu murwayi wari urwaruye mu Bitaro bya Bulape, mu Ntara ya Kasaï, yahise anasezererwa.
Kuva muri Nzeri (9) uyu mwaka, abantu 64 ni bo bibasiwe na Ebola, barimo 53 bemejwe ko bayirwaye n'abandi 11 bikekwa ko yaba yarabagezeho.
Icyi cyorezo cya Ebola cyibasiye cyane ibice by'icyaro, ahantu hari hagoye kugera, kubera imihanda mibi n'ibikorwa remezo bidahagije.
Minisiteri y'ubuzima muri DRC ivuga ko ku nkunga ikomeye ya OMS n'abandi bafatanyabikorwa, yahise yihutira gushyiraho ingamba zo guhangana n'icyo cyorezo, zirimo kohereza amatsinda atandukanye yo kugenzura, kwita ku mavuriro, gukumira Ebola no gukangurira abaturage kuyirinda, n'ibindi.
Muri Bulape kandi, hashyizweho kandi ikigo cy'ubuvuzi cya Ebola gifite uburiri 32, ndetse kinahabwa ubushobozi bw'ubuvuzi bukomeye.
Abantu barenga 35,000 bakingiwe virusi ya Ebola muri ako karere, Minisiteri y'ubuzima ikavuga ko iyi ari intambwe igaragara yatewe mu kurwanya iki cyorezo, ariko kandi igakomeza gukangurira buri wese kuba maso kugira ngo virusi itazongera kubaho, nk'uko bitangazwa na Radio Okapi.
Umuyobozi mukuru wa OMS mu karere ka Afurika, Dr. Mohamed Janabi, yashimye imbaraga zashyizweho mu kurwanya iki cyorezo muri RDC, agira ati:“Gukira k'umurwayi wa nyuma, hashize ibyumweru bitandatu gusa iki cyorezo kigaragajwe, ni ikintu kidasanzwe cyagezweho, cyerekana imbaraga z'ubufatanye, ubumenyi bw'igihugu ndetse n'icyemezo rusange cyo gutsinda inzitizi zo kurokora ubuzima”.
OMS ivuga ko yo n'abafatanyabikorwa bayo bakomeje gukorana cyane n'inzego z'igihugu mu rwego rwo kugenzura no gukingira, kandi biteguye gutabara bwangu mu gihe hagaragara abandi bantu bagaragaweho n'iki cyorezo.
Gutsinda iki cyorezo, yyaturutse ku bufatanye hagati ya Leta, abaturage ndetse n'amahanga, hashyirwa imbere gushimangira gahunda z'ubuzima, cyane cyane mu bijyanye no gusuzuma, kuvura, no gukingira.
Amafoto
Mulumba (Izina ryahawe uwakize Ebola), ari muri bacye bagize amahirwe yo kudahitanwa n'iki Cyorezo
Kuva muri Nzeri (9) uyu mwaka, abantu 64 ni bo bibasiwe na Ebola.
What's Your Reaction?
Like
0
Dislike
0
Love
0
Funny
0
Angry
0
Sad
0
Wow
0



