Isesengura: Uko Uburusiya buri gufasha Iran mu ntambara yagabweho na USA-Israel

May 5, 2026 - 19:39
Isesengura: Uko Uburusiya buri gufasha Iran mu ntambara yagabweho na USA-Israel

Hagiye gushira Amezi hafi 3, Iran igabweho Ibitero simusiga na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ifatanyije na Israel.

Ibi bitero byatangiye tariki ya 28 Gashyantare (2) 2026, biza gutanga agahenge mu ntangiriro za Mata (4) 2026.

Muri iyi nkuru, turifashisha isesengura ry’Ibinyamakuru mpuzamahanga bitandukanye birimo ‘BBC na Wall Street Journal’.

Wall Street Journal, yashyize hanze inkuru ifite umutwe ugira uti ‘Uburyo Uburusiya bushyigikira Iran mu ntambara na Leta Zunze Ubumwe za Amerika’.

Iki kinyamakuru gikomeza kivuga ko hari ubufatanye hagati y’Uburusiya na Iran mu kurwanya Amerika.

Gikomeza kivuga ko n’ubwo Amerika izi akaga Iran yateza, ariko irimo guhangana na yo mu buryo butandukanye n’ubw’Uburusiya, mu gihe ikoresha ubutasi kugira ngo imenye urugero rw’inkunga y’Uburusiya kuri Iran.

Cyuzemo ko inama iherutse guhuza Perezida Vladimir Putin na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi i St Petersburg, yahuriranye n’ibyahishuwe ko Uburusiya bwari bumaze igihe buha Tehran amakuru y’ubutasi yakoresha mu guhangana na Amerika.

Iki kinyamakuru cyo mu Budage cyahishuye ko inzego z’ubutasi z’Uburusiya zahaye Tehran amakuru yerekeye ibikoresho bya gisirikare n’ibirombe bya Uranium bigambiriwe cyane n’ibyogajuru by’Abanyamerika, ibi bikaba byaranafashije Iran kwimura ibikoresho byari mu kaga ko kuraswa.

Iki kinyamakuru cyongeraho ko Uburusiya bwafashije Iran mu gukora indege za Drones zizwi nka Shahed, zifashishijwe muri iyi ntambara.

Mbere yaho, Visi Perezida w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Kaja Kallas, yari yavuze ko izo Drones zakoreshejwe mu kugaba ibtero ku bihugu byo mu Kigobe cy’Abarabu zari zifite ikoranabuhanga ryaturutse mu Burusiya.

Bivugwa ko Uburusiya bwagiranye amasezerano na Iran angana na Miliyoni 589 z’Amadolari ya Amerika, yo kuyiha intwaro zo kwirwanaho mu kirere.

Umuvugizi w’ubutasi bwa Amerika, yabwiye NBC News ko Uburusiya bushobora kohereza abatekinisiye muri Iran gufasha mu gukora ibisasu bya Misile n’uburyo bwo kubikoresha.

Ikinyamakuru cy’Abongereza BBC, cyo kivuga ko Uburusiya buri gufasha Iran kubona ‘Amakuru y’ubutasi, gukurikirana amashusho y’Ibyogajuru, kubaha ikoranabuhanga rishya rya Drones ndetse no gutanga inama za gisirikare’.

Inkuru yasohotse mu Kinyamakuru The Guardian nacyo cyo mu Bwongereza ivuga ku ruzinduko rw’Umwami Charles muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, umwanditsi asobanura ko rwari urwo kubaka umubano utazwi aho ugana.

Nk’uko iki Kinyamakuru kibivuga, ‘Scandal’ ya Jeffrey Epstein yagize ingaruka kuri Perezida wa Amerika, Donald Trump ndetse no ku Bwami bw’Ubwongereza.

Iki kibazo kikaba cyatumye icyizere ku Bwami kigabanuka, mu gihe inkunga ya Trump nayo yagabanutse.

Iki Kinyamakuru kandi gihanura intambara y’igihe kirekire muri Iran no mu Burasirazuba bwo Hagati, aho bishoboka ko ihuriro ry’ingabo za OTAN/NATO rishobora gusenyuka mu gihe Uburusiya na Iran birushaho gukomeza ubucuti bwabyo.

Uruzinduko rw’Umwami Charles rwagaragaje ko hari ubufatanye butagikomeye hagati y’Ubwongereza na Amerika.

What's Your Reaction?

Like Like 1
Dislike Dislike 0
Love Love 0
Funny Funny 0
Angry Angry 0
Sad Sad 0
Wow Wow 0