Kubona itike ya Champions League nyuma y’imyaka 20 bivuze ko Arsenal yongeye kubura umutwe?
Ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, yongeye gusubira ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League nyuma y’imyaka 20.
Yabonye iyi tike ikuyemo Atletico de Madrid yo muri Esipanye, ku giteranyo cy’ibitego 2-1 mu mikino yombi.
Igitego cyatanze iyi tike yaherukaga mu 2006 ubwo yatsindwaga na FC Barcelona ibitego 2-1 mu mukino wakiniwe kuri Stade de France, cyatsinzwe na Bukayo Saka ku munota wa 45, mbere y’uko amakipe yombi ajya mu karuhuko.
Byafashwe nk’ibidasanzwe, cyane ko atari benshi bemeze ko yagera kuri uyu mukino, n’ubwo yari yasoje imikino y’amajonjora (Barrage) iri ku mwanya wa mbere ndetse idatsinzwe umukino n’umwe.
Ibi kandim bije byiyongera ku kuba iyi kipe iri gukoza imitwe y’intoki ku kwegukana igikombe cya Shampiyona y’Ubwongereza (English Premier League), iheruka mu 2002, nabwo yegukanye idatsinzwe umukino n’umwe.
Mbere yo gukina umukino wa nyuma wa UEFA Champions League uzakinirwa kuri Puskás Aréna i Budapest ku murwa mukuru wa Hungary tariki ya 30 Gicurasi (5) 2026, Arsenal ifite imikino itatu (3) ya shampiyona, igomba gutsinda yose kugira ngo yegukane igikombe.
Ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League, izahura n’ikipe iza kurokoka hagati y’Ikipe ya Bayern Munchen yo mu Budage na Paris Saint Germain (PSG) yo mu Bufaransa.
Umukino ubanza wahuje Paris Saint Germain na Bayern Munchen, warangiye PSG itsinze ibitego 5-4.
Aya makipe yombi, araza kwisobanura mu Ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 06 Gicurasi (5) 2026, kuri Allianz Arena i Munchen mu Budage.
Akomoza ku mukino batsinzemo Atletico de Madrid ndetse bagakatisha n’itike y’umukino wa nyuma, mu kiganiro na Amazon Prime, Declan Rice ukina hagati mu kibuga mu Ikipe ya Arsenal, yagize ati:“N’ubwo tutatwara Igikombe, ibyo tumaze gukora birivugira. Tugomba kwishimira ibyo tumaze kugeraho, mu gihe dutegereje ibizava mu mukino wat ariki 30 Gicurasi (5) 2026. Gutsinda uyu mukino, bivuze ko nta wundi wadutera ubwoba, ndetse twiteguye gukora ibishoboka byose ngo dukora amateka atarakorwa na rimwe muri iyi kipe”.
Yunzemo ati:“Twakomeje gushyirwa ku gitutu nyuma yo gusoza imikino y’amatsinda tudatsinzwe, ariko ibi byose twakomeje guhangana nabyo kandi twerekanye ko dukomeye”.
Kugeza ubu, n’ubwo Arsenal ifite amahirwe yo kwegukana ibi bikombe byombi, abakurikiranira hafi ruhago y’i Burayi by’umwihariko iyi kipe, bemeza ko ibifite ubushobozi, ariko kandi uko yakunze kwitwara aho rukomeye, byakomeje gutera impungenge abakunzi bayo.
Mu Myaka 5 isihize, yagiye ikoza imitwe y’intoki ku kwegukana igikombe cya Shampiyona y’Ubwongereza, ariko ikagwa munsi y’urugo.
Gusa, kuri iyi nshuro, ifite amahirwe adasanzwe yo kwegukana Shampiyona, nyuma y’uko Ikipe ya Manchester City bayihanganiye inganyije na Everton ibitego 3-3 mu mukino wakiniwe kuri Dicknson Hill Stadium ku wa mbere w’iki Cyumweru.
Mu gihe hasigaye imikino itatu, Arsenal irusha Manchester City amanota 5, gusa Manchester City yo ifite isigaje imikino ine.
Ku bijyanye no kwegukana Igikombe cya UEFA Champions League, ni imwe mu makipe afite izina rikomeye ku mugabane w’i Burayi ariko itaratwaraho iki gikombe bakunze kwita icy’amatwi manini.
Kuri Finale, ntabwo izaba yorohewe, kuko yaba Bayern Munchen yifuza kwegukana igikombe cya 7 ndetse na Paris Saint Germain yifuza icya kabiri nyuma yo kwegukana icy’Umwaka ushize inyagiye Inter Milan kuri Finale, zigaragara nk’iziyirusha ubukana mu gusatira izamu, n’ubwo nayo ibuzirusha mu bijyanye n’ubwugarizi.
What's Your Reaction?
Like
0
Dislike
0
Love
0
Funny
0
Angry
0
Sad
0
Wow
0



