Amatora ya Perezida muri Tanzaniya: Ingendo hagati y’Imijyi zahagaritswe ku munsi w’itora
Ingendo z'ubwato hagati y'Umujyi wa Dar es Salaam n'Ikirwa cya Zanzibar zirahagarara kuri uyu wa 29 Ukwakira 2025, ubwo Igihugu kizaba kiri mu matora rusange.
Abatanga izo serivisi, Azam Marine na Zan Fast Ferries, batangaje ko nta bwato buzaba bukora ku munsi w'amatora, ahubwo ko ingendo zizongera gukomeza ku itariki ya 30 Ukwakira.
Itangazo ryashyizwe hanze n'ibyo bigo byombi rivuga ko guhagarika ingendo bizafasha abaturage n'abakozi babo gutora nta nkomyi.
Ubusanzwe, ubu bwato butwara abarenga 10,000 buri munsi hagati ya Dar es Salaam na Zanzibar.
Bamwe mu bagenzi basanzwe bakoresha ubu bwato bagaragaje impungenge kuri iki cyemezo.
Mabrouk Hussein, usanzwe akorera kenshi uru rugendo hagati ya Dar es Salaam na Zanzibar yatangarije Ikinyamakuru cy'Abongereza BBC dukesha iyi nkuru, ati:“Birantunguye cyane. Kuki byakorwa gutya? Ese umuntu ukeneye kujya gushyingura cyangwa kwivuza bizagenda bite? Ntago ibi ari byo, bisa nkaho ari impamvu za politiki”. Kuki bibaye ubu? Si buri wese ushishikajwe no gutora.
- Bisi zimwe zahagaritse ingendo
Kompanyi nyinshi z'imodoka zitwara abagenzi zatangaje ko zitazakora ku munsi w'amatora, by'umwihariko ingendo zijya cyangwa ziva i Dar es Salaam.
Bimwe mu byerekezo bizahagarara harimo Mwanza, Tarime, Kilimanjaro, Arusha, Tabora, Bukoba, na Kigoma.
Ishyirahamwe ry'abatwara abagenzi (Taboa) rivuga ko iri hagarikwa ry'ingendo rigamije guha abakozi n'abagenzi amahirwe yo gutora.
Ariko ishyirahamwe rirengera abagenzi (Passengers' Rights Association) ryabinenze, rivuga ko abakoze ibi batatekereje ku bantu bafite impamvu z'umuryango cyangwa iz'ubuzima zibasaba gukora ingendo kuri uwo munsi.
Urubuga rwa interineti rukoreshwa mu kugura amatike narwo rwahagaritse kugurisha amatike yo ku itariki ya 29 Ukwakira.
John Masunga, usanzwe akorera ingendo hagati ya Dar es Salaam n'indi mijyi, yagize ati:“Simbona impamvu yo guhagarika ingendo. Ese ni ikibazo cy'umutekano cyangwa ni itegeko ryo gutora? Dukeneye izi serivisi”.
Anasia Lyimo, utuye i Kigoma, we yagize ati:“Nari nateguye urugendo ku munsi w'amatora, ariko ngiye kurusubika nzagende ku wa kabiri. Ibi bishobora gutuma amatike azamuka kuko abantu benshi bazaba bashaka kugenda mbere y'iyo tariki”.
Abanya-Tanzaniya bazatora Perezida, abadepite, n'abayobozi b'inzego z'ibanze ku wa gatatu.
Ni amatora ya mbere Perezida Samia Suluhu Hassan agiye kwitabira ashaka kwemezwa n'abaturage nyuma yo gusimbura nyakwigendera John Magufuli mu 2021.
Ishyaka ritavuga rumwe n'ubutegetsi, Chadema, ryamaze gutangaza ko ritazitabira amatora, rivuga ko hakenewe ivugurura ry'uburyo amatora ategurwa.
Perezida waryo, Tundu Lissu, arimo kuburana ku byaha byo gucura umugambi wo kugambanira igihugu, ariko ishyaka rye rivuga ko ibyo birego bishingiye ku mpamvu za politiki.
What's Your Reaction?
Like
1
Dislike
0
Love
0
Funny
0
Angry
0
Sad
0
Wow
0



