Trump yasabye abahagarariye Amerika kugenza macye ibyo gusinyana amasezerano na Iran
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko yategetse abahagarariye Amerika mu bigano na Iran ‘Kutihutira gusinya amasezerano’.
Trump yavuze ibi mu gihe mu minsi ishize yari yumvikanishije ko amasezerano ari hafi kugerwaho.
Amakuru avuga ko ayo masezerano arimo kuganirwaho arimo inyongera y’iminsi 60 y’agahenge, kongera gufungura umuhora wa Hormuz ndetse na gahunda y’ibindi biganiro kuri gahunda ya nikleyeri ya Iran.
Mu butumwa yatangaje ku mbuga nkoranyambaga, Trump yavuze ko ibiganiro ‘Byubaka’ birimo kuba ariko ko ‘Impande zombi zigomba gufata igihe cyazo zikabikora neza’.
Ku wa gatandatu, Trump yavuze ko amasezerano ‘Ahanini yaganiriweho’, bituma habaho guhwihwisa ko umwanya uwo ari wo wose hashobora gutangazwa ko amasezerano yagezweho.
Abategetsi bo muri Iran na bo mu mpera z’icyumweru gishize baciye amarenga ko intambwe yatewe mu biganiro.
Umuvugizi wa Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Iran, Esmail Baghaei yavuze ko impande zombi ziri ‘Hafi cyane kandi kure cyane’ yo kugera ku masezerano.
Ibitangazamakuru byo muri Amerika bivuga ko ayo masezerano yumvikanishwa atari ayo gucyemura burundu ikibazo, ko ahubwo ateganya ko zimwe mu ngingo zikomeye cyane zaganirwaho nyuma, zirimo nk’ingano y’ibihano Iran yakurirwaho hamwe n’igihe ibyo byabera, kurekura imitungo ya Iran yafatiriwe, ndetse n’ubusabe bwa Washington bwuko Iran igabanya intego zayo zo mu rwego rwa nikleyeri.
Ayo masezerano yatangajwe mu bitangazamakuru yaciyemo ibice abo mu ishyaka ry’Abarepubulikani rya Perezida Trump, bamwe muri bo bakaba bavuze ku mugaragaro ko ari korohereza cyane Iran.
Amafoto
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump
What's Your Reaction?
Like
1
Dislike
1
Love
0
Funny
1
Angry
0
Sad
0
Wow
0



