Karongi: Basabwe gukumira, kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina n'icuruzwa ry'abantu

Dec 30, 2025 - 09:51
Karongi: Basabwe gukumira, kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina n'icuruzwa ry'abantu

Abaturage b'Akarere ka Karongi ho mu Ntara y'i Burengerazuba bw'u Rwanda, basabwe  gukumira no kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina ndetse n'icuruzwa ry'abantu.

Byagarutswemo mu bukangurambaga bw'iminsi 16 yahariwe ibi bikorwa, bwatangiye ku wa 25 Ugushyingo (11) 2025.

Mu rwego rwo gushyira ubu bukangurambaga mu bikorwa, Akarere ka Karongi n'abafatanyabikorwa bako barimo Imbuto Foundation binyuze mu mushinga Baho Neza, batanze ikiganiro cyatambutse kuri Radiyo Isangano, cyari kigamije gusobanurira abaturage uruhare rw'Ubutabera mu kurwanya Inda ziterwa Abangavu n'isambanywa ry'abana. 

Iki kiganiro kibariwe n'Umuhuzabikorwa wa MAJ, umukozi ushinzwe GBV Officer ku Bitaro bya Kibuye ndetse n'umuyobozi w'Umushinga BAHO NEZA.

Muri iki kiganiro, hagarutswe ku cyo amategeko ateganya mu gihe umwana yasambanyijwe, Abangavu baterwa inda, ingaruka bigira mu muryango ndetse no mu muryango Nyarwanda muri rusange.

Hakomojwe kandi ku bihano biteganywa n'amategeko ku wakoze ibi byaha, uburyo uwahohotewe afashwa agahabwa serivisi zitandukanye zirimo iza Isange One Stop Center n'iz'ubuvuzi, ubujyanama mu Isanamitima, Amategeko, gufashwa mu Butabera ndetse n'urugendo rwo kumusubiza mu buzima busanzwe.

Iki kiganiro cyasojwe bibutswa ko kwirinda ibyaha ari ingenzi ndetse ko bigomba gushyirwa mu bikorwa bigizwemo uruhare na buri wese.

    Ihohoterwa rishingiye ku gitsina (Gender-Based Violence / GBV) ni ijambo ririmo ibikorwa byose byangiza umuntu, birimo imvune, guhohoterwa mu buryo bw’umubiri, mu mitekerereze cyangwa mu buryo bw’ibitsina. 

    Ni ibikorwa byose kandi bikorerwa umuntu ku ngufu cyangwa hatarimo ubushake bwe.

    Ibijyanye n'ibyaha by'icuruzwa ry'abantu, bikorwa umuntu atwarwa, ahishwe cyangwa yamburwa uburenganzira bwe hagamijwe inyungu z’undi. 

    Abacuruza abantu bakoresha ubujura, agahato, amayeri cyangwa ububasha kugira ngo bateze imbere ubutunzi bwabo bifashishije ababandi.

    Hagamijwe kurwanya ibi byaha, u Rwanda rufite amategeko ahana cyane ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’icuruzwa ry’abantu.

    Rimwe muri aya mategeko, rivuga ko umuntu wese ufata, ucuruza, wohereza cyangwa yinjiza umuntu mu buryo butemewe hagamijwe kumukoresha mu buryo bubi (nko mu migirire y’agahato, imibonano mpuzabitsina, imirimo ivunanye, ubucakara) ahanishwa imyaka 7 kugeza 10 y’igifungo n’ihazabu y’amafaranga hagati ya miliyoni 5 kugeza 10 RWF.

    Iyo icyaha cyakozwe mu buryo bwambukiranya imipaka (mu kindi gihugu), igihano kiri imyaka 10 kugeza 15 y’igifungo n’ihazabu hagati ya miliyoni 10 kugeza 20 RWF.

    Mu myaka ishize, inzego z’umutekano zagaragaje ko abantu bamwe bagaragara mu byaha byo gucuruza abantu bajyanwa mu bindi bihugu mu mirimo mibi (nko mu mirimo y’agahato cyangwa uburaya).

    Kahozwe kandi ubukangurambaga bwo kuburira abaturage, gutanga amakuru no gufasha abo byabayeho kugira ngo bahabwe ubufasha n’ubutabera.

    Hagati ya 2024 na 2025, inzego z’iperereza zagaruye mu Rwanda abantu barenga 100 bari bacurujwe mu mahanga babeshywa ko bagiye guhabwa akazi n'ibindi.

    Urwego rw’Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB), ruvuga ko abacuruza abantu bakoresha cyane imbuga nkoranyambaga, ndetse no kureshya abashaka akazi, hagamijwe ubukire bwihutiyeho.

    Muri rusange, Karongi, kimwe n’ahandi mu Turere tw'u Rwanda, harimbanyije ubukangurambaga bugamije kurwanya no gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’icuruzwa ry’abantu.

    What's Your Reaction?

    Like Like 0
    Dislike Dislike 0
    Love Love 0
    Funny Funny 0
    Angry Angry 0
    Sad Sad 0
    Wow Wow 0
    Habimana jean Paul Theupdate journalist