Amafoto: APR yatsindiwe i Musanze mu mukino w'umunsi wa 8 wa Shampiyona
Ikipe y'Ingabo z'u Rwanda, APR FC, ntiyahiriwe n'umukino w'umunsi wa munani wa Shampiyona y'ikiciro cya mbere wakiniwe kuri Sitade Ubworoherane mu Karere ka Musanze.
Uyu mukino wakinwe ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 22 Ugushyingo (11) 2025, warangiye APR FC iwutsinzwemo na Musanze FC ibitego 3-2.
Mbere y'uko amakipe yinjira mu kibuga, Imvura yabanje kurindimuka i Musanze, abakinnyi basubira mu Rwambariro iminota 30 mbere y'uko rwambikana.
Uyu mukino watangiranye imbaraga hagati y'amakipe yombi, gusa Musanze FC igaragaza inyota yo gutsinda kurusha APR FC.
Bidatinze, ku munota wa gatandatu gusa w'umukino, Charles Mutsinzi yahise anyeganyeza inshundura zari zirinzwe na Ishimwe Pierre wa APR FC.
Iki gitego cyatije imbaraga Musanze FC, ibishimangira isongamo ku munota wa 20 w'umukino, ku gitego cyatsinzwe na Rutahizamu mpuzahanga w'Ikipe y'Igihugu y'u Burundi, Shaban Hussein Tchabalala.
Ibi bitego byombi byahagurukije abafana ba Musanze FC bari bakubise n'iyonka, mu gihe ku ruhande rwa APR FC bari bifashe mapfubyi.
Musanze FC yari yagaragaje inyota yo gutsinda ibitego muri uyu mukino, yabishimangiye itsinda icya gatatu mbere y'uko amakipe yombi ajya kuruhuka. N'igitego cyatsinzwe na Bizimungu Omar ku munota wa 39 w'umukino.
Nyuma y'uko amakipe yombi avuye kumva inama z'abatoza mu minota 15, APR FC yatangiye iminota 45 y'igice cya kabiri inyotewe no kugombora ibitego 3-0 yari yatsinzwe.
N'ubwo yarwanaga no kwishyura ibi bitego, ntiyorohewe na Rwabugiri Omar, umunyezamu wa Musanze FC, cyane ko yanayinyuzemo.
APR FC yakomeje kotsa igitutu Musanze FC, ku munota wa 63 w'umukino, Murangirwa Serge yitsinda igitego.
Hasigaye iminota 7 ngo iminota 90 y'umukino irangire, Umunya-Côte d’Ivoire, William Mel Togui yagomboye igitego cya kabiri.
Nyuma yo kugomborwa igitego cya kabiri, Musanze FC yashyizwe ku gitutu na APR FC, ariko ikomeza kwihagararaho kugeza umukino urangiye.
Muri uyu mukino, Nsabimana Jean de Dieu yawutowemo nk'uwawuhizemo abandi.
Intsinzi y'uyu mukino, yahise ishyira Musanze FC ku mwanya wa kabiri n'amanota 15, inyuma ya Police FC ifite 20, mu gihe APR FC iri ku mwanya wa 6 n'amanota 11, mu mikino 6 imaze gukina.
Twibutse ko ari nshuro ya kabiri yikurikiranya APR FC itsindiwe i Musanze, kuko n'umwaka ushize yahatsindiwe igitego 1-0.
Amafoto
What's Your Reaction?
Like
0
Dislike
0
Love
0
Funny
0
Angry
0
Sad
0
Wow
0



