Afurika y’Epfo: Abantu 14 bapfiriye mu Kimoteri bashakamo amabuye y’agaciro
Polisi yo muri Afurika y’Epfo yatangiye iperereza nyuma y’uko abantu 14 bikekwa ko bakoraga ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko bapfuye bagwiriwe n’ingaranti (Ikimoteri).
Iki kimoteri kijugunywamo imyanda ivuye mu bucukuzi bw’aya mabuye, cyabahirimyeho mu ijoro rya tariki 10 Kanama (8) 2026.
Itangazo rya Polisi rivuga ko abandi umunani bakomeretse ndetse ko “umubare utazwi... [w’abantu] ushobora kuba ukiri mu kuzimu”.
Aho bapfiriye, hakorerwaga mu buryo bwemewe n’amategeko na kompanyi y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
Benshi mu bapfuye bakomoka muri Lesotho, Igihugu gihana imbibi na Afurika y’Epfo.
Ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko bureze muri Afurika y’Epfo.
Ababukora bazwi ku izina rya ‘Zama Zamas’, Mu rurimi rw’Ikizulu bivuze “Abagerageza amahirwe”.
Gushaka iyi mibereho babikora binyuze mu gucukura mu birombe bitagicukurwamo cyangwa ahajugunywa imyanda iva mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
Umukuru wa Polisi y’aka Karere, Liyetona Jenerali Arthur Adams, yasuye ahabereye iyi mpanuka mu gitondo cyo ku wa kabiri, avuga ko iki kimoteri cyakoreshwaga na kompanyi icukura ‘Platinum’ n’andi mabuye y’agaciro.
What's Your Reaction?
Like
1
Dislike
0
Love
0
Funny
0
Angry
0
Sad
0
Wow
0



