Shampiyona y'u Rwanda: APR na Police zatsikiye, AS Kigali irandagazwa, Rayon Sports ifatiraho
Impera z'Icyumweru twaraye dusoje, zasize hakinwe imikino y'umunsi wa gatandatu wa Shampiyona y'u Rwanda mu kiciro cya mbere.
Uyu munsi wakinwemo imikino 8, yabonetsemo ibitego cumi na bitandatu.
Iyi mikino uko ari 8, yakiniwe mu Mujyi wa Kigali, mu Karere ka Rubavu no mu Karere ka Huye.
Yabimburiwe n'umukino wakinwe tariki ya 30 Ukwakira (10) 2025, Gasogi United itsinda AS Muhanga igitego 1-0, mu mukino wakiniwe kuri Sitade yitiriwe Pelé, mu Mujyi wa Kigali.
Wakurikiwe n'umukino wakinwe bucyeye bwaho tariki ya 31 Ukwakira (10) 2025, Ikipe ya Gorilla FC yisengera Bugesera FC, iyitsinze ibitego 2-1.
Uyu mukino nawo wakiniwe kuri Sitade yitiriwe Pelé, mu Mujyi wa Kigali.
Nyuma y'imikino ibiri yakinwe mbere y'uko Ukwezi k'Ukwakira (10) gusozwa, Ukwezi k'Ugushyingo (11) kwatangiranye n'imikino itatu, yakinwe ku wa gatandatu.
Kuri uwo munsi, Ikipe ya Polisi y'Igihugu (Police FC), yari itaratsindwa cyangwa ngo inganye umukino n'umwe, yatsikiye imbere ya Mukura VS&L, mu mukino warangiye impande zombi ziguye miswi y'igitego 1-1.
Muri uyu mukino wakiniwe kuri Sitade yitiriwe Pelé, mu Mujyi wa Kigali, abakunzi ba Police FC bari bayiteze kureba n'iba iza gukomeza agahigo ko kudatsindwa.
Mu gihe mu Mujyi wa Kigali, Mukura VS&L yahagarika umuvuduko wa Police FC, i Rubavu ntabwo byari byoroshye, kuko Ikipe y'Akarere ka Rutsiro (Rutsiro FC), yahagamye Ikipe y'Ingabo z'Igihugu (APR FC), mu mukino warangiye ari igitego 1-1.
APR FC yagiye gukina uyu mukino nyuma yo kunyanga 0-0 n'Ikipe ya Kiyovu Sports, mu mukino w'umunsi wa gatanu.
Abakunzi b'iyi Kipe yambara Umukara n'Umweru, bari bayitezeho kongera kubaha ibyishimo, cyane abari baturutse mu Mujyi wa Kigali.
Muri uyu mukino wakiniwe kuri Sitade Umuganda, mu Karere ka Rubavu, impande zombi zatandukanyijwe na Denis Omedi ku ruhande rwa APR FC, na Nizeyimana Jean Claude ku ruhande rwa Rutsiro FC.
Imikino yo ku munsi wa gatandatu yasojwe n'uwo Amagaju FC yo mu Karere ka Nyamagabe, yari yakiriyemo Musanze FC yo mu Karere ka Musanze.
Uyu mukino abakunzi ba Ruhago bari bahaye izina rya Deribi (Derby) y'amakipe yegamiye ku Turere, warangiye Musanze FC iwegukanye ku nstinzi y'ibitego 2-0. Ni umukino wakiniwe kuri Sitade Kamena, mu Karere ka Huye.
Imikino y'umunsi wa gatandatu yaraye isojwe n'imikino itatu, yakinwe tariki ya 02 Ugushyingo (11) 2025.
Irimo uwo Gicumbi FC yanganyijemo na Etincelles FC igitego 1-1.
Mu gihe mu Karere ka Rubavu byari ibicika kuri Sitade Umugande, aho Marine FC, Ikipe y'Ishami ry'Ingaabo z'u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, yari yakiriyemo Rayon Sports.
Uyu mukino wari utandukanye n'indi yakinwe kuri iki Cyumweru, cyane ko uwahuje aya makipe yombi mu Mwaka ushize w'imikino, wasize urunturuntu.
Byari akarushaho ku bakunzi ba Rayon Sports, cyane ko yagiye kuwukina, mukeba wayo muri iyi Myaka 31, APR FC, yaraye ihatsikiriye.
Abakunzi ba Marine FC n'aba APR FC, ndetse n'abandi bifuzaga ko Rayon Sports yatsikira.
Gusa, ntabwo ariko byagenze, kuko yaje kuhikura, ibikesha igitego cyatsinzwe na Aziz Bassane ku munota wa 80 w'umukino.
Imikino y'umunsi wa gatandatu yasojwe n'uw'Ikipe y'Umujyi wa Kigali, AS Kigali, yari yakiriyemo Kiyovu Sports, nayo bikunze kuvugwa ko hari inkunga igenerwa n'Umujyi.
Niwo mukino warumbutsemo ibitego byinshi byatsinzwe n'Ikipe imwe, kuko Kiyovu Sports yawunyagiyemo AS Kigali ibitego 3-0.
Nyuma y'iyi mikino, abakunzi b'amakipe atandukanye, bayigarutseho mu buryo bunyuranye.
Aba APR FC, bongeye kuvuga ko Ikipe yabo ikomeje kwigirizwaho nkana n'abasifuzi, cyane ko mu mukino wabahuje na Rutsiro FC, bemeza ko batasifuriwe neza.
Bavuga ko Abasifuzi b'uyu mukino, birengagije Igitego cyari guhesha intsinzi Ikipe bihebeye, bavuga ko hari habayemo kurarira (Off-side), mu gihe kandi bahamya ko na penaliti yahawe Rutsiro FC, yabaviriyemo kunganya, nayo yashidikanywagaho.
Mu gihe aba APR FC bavugiraga mu matamatama, aba Rayon Sports bakubiriraga agatoki ku kandi, bavuga ko nyuma yo kwisengerera Marine FC, bafata nka murumuna wa APR FC, cyane ko zombi zishingiye kuri Minisiteri y'Ingabo, ko igikurikiyeho bahanze amaso APR FC mu mukino uzahuza aya makipe yombi ku wa Gatandatu w'iki Cyumweru.
Uretse aya makipe y'ibigugu ndetse aba ahanzwe amaso n'abafana, ku rundi ruhande, Ikipe ya Kiyovu Sports yongeye kugaragaza ko igihari n'ubwo yatangiye Shampiyona nta nkuru.
Nyuma yo kunganya na APR FC ku munsi wa gatanu wa Sahmpiyona, gutsinda AS Kigali by'umwihariko inayinyagiye, bashimishije abakunzi bayo.
Ku ruhande rwa Police FC yafatwaga nk'iyari yarigize akari aha kajya he, kuba Mukura VS&L yarayikoze mu jisho, ni kimwe mu kimenyetso cy'uko urugamba rwa Shampiyona rugifunguye ku mpande zose.
Ikipe ya Amagaju FC n'imwe mu zikomejwe kwibazwaho, cyane ko mu manota 18 n'amaze gukinirwa, ifitemo 4 gusa.
Umunsi wa Gatandatu wa Shampiyona, usize Police FC iyoboye urutond rw'agateganyo n'amanota 16, ikurikiwe na Rayon Sports n'amanota 13, mu gihe Gorilla FC iri ku mwanya wa gatatu n'amanota 10.
APR FC iri ku mwanya wa 8 n'amanota 8, gusa yo imaze gukina imikino 4 mu gihe izindi zakinnye 6. Bivuze ko igifite ibirarane by'imikino 2.
Amakipe ya AS Kigali na Rutsiro FC asangiye imyanya ibiri ya nyuma.
AS Kigali n'iya 15 n'amanota 4, mu gihe Rutsiro FC iri ku mwanya wa 16 n'amanota 2.
Amafoto
What's Your Reaction?
Like
0
Dislike
0
Love
0
Funny
0
Angry
0
Sad
0
Wow
0



