RD – Congo na M23 basinyanye amasezerano yo guhererekanya Imfungwa
Masad Boulos, Umujyanama wihariye wa Perezida wa Leta zunze Ubumwe z'Amerika, Donald Trump, ushinzwe ibibazo by'Afurika by'umwihariko, yatangaje ko Leta ya Kinshasa n'Umutwe w'Inyeshyamba wa AFC/M23, basinyanye amasezerano yo guhererekanya Imfungwa.
Boulos yatangaje aya makuru kuri uyu wa 12 Nzeri [9] 2025, avuga ko ari intambwe ikomeye y'inzira iganisha ku guhagarika Imirwano no kugarura Amahoro mu Karere k'Uburasirazuba wa Repubulika ya Demokarasi Congo.
Amakuru yo kugurana Imfungwa, aje mu gihe impande zombi zananiwe kumvikana ku gushyira umukino ku masezerano y'amahoro, yagombaga gusinyirwa i Doha muri Qatar, mu Kwezi gushize kwa Kanama [8] 2025.
AFC/M23 yavugaga ko imwe mu nkingi ikomeye yo gushingira isinya aya masezerano, ariko bamwe mu bantu bayo bafunzwe na Leta ya Kinshasa babanza kurekurwa, ibyo iyi Leta itakozwaga.
Ni mu gihe tariki ya 19 z'Ukwezi kwa Nyakanga [7] 2025, hari hasinyinwe imbanziriza masezerano y'Umushinga w'amahoro hagati y'impande zombi, wagombaga no kubakira kuri iyi ngingo ijyanye no guhererekanya Imfungwa.
Guhererekanya Imfungwa, bizashyirwa mu bikorwa n'Ishami rya Cross Rouge [International Committee of the Red Cross “ICRC”], rizavana Imfungwa za buri ruhande, rizishyikiriza igice zibogamiyeho.
Akomoza kuri aya masezerano, mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X yahoze Masad Boulos yagize ati:“Turashimira umuhate wa Qatar na ICRC bakoranye bya hafi kugira ngo aya masezerano agerweho. Turasaba impande zombi gukoresha aya mahirwe kugira ngo bagere ku masezerano y'amahoro ya burundu”.
N'ubwo Boulos yatangaje aya makuru yo guhererekanya Imfungwa, ntacyo impande bireba zirabivugaho, haba Leta ya Kinshasa na AFC/M23.
Haracyategerejwe kureba niba koko ibyavuzwe na Boulos, impande zombi zizabishyira mu bikorwa.
Masad Boulos, asanzwe ari Umujyanama wihariye wa Perezida Trump, by'umwihariko ushinzwe ibibazo by'Afurika.
What's Your Reaction?
Like
0
Dislike
0
Love
0
Funny
0
Angry
0
Sad
0
Wow
0



