APR FC yananiwe kwihagararaho imbere ya Al Hilal SC itsindwa ibitego 2-0 mu mukino wa Shampiyona (Amafoto)
kipe ya Al Hilal SC yo muri Sudani ikina muri Shampiyona y'u Rwanda, yeretse APR FC ko igifite byinshi byo kwiga, iyitsinda ibitego 2-0 mu mukino wa Shampiyona wakiniwe kuri Kigali Pele Stadium ku Gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri.
Ni mu gihe nyamara Al Hilal SC yari yabanje gusaba ko uyu mukini wimurwa ngo biyifashe kwitegura umukino wa nyuma w'amatsinda ya CAF Champions League izakiramo FC Saint-Éloi Lupopo yo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu mpera z'iki cyumweru, ubusabe bwayo ntibwemerwe.
Uyu mukino ntiwagaragayemo Umunyezamu wa APR FC usanzwe ubanza mu kibuga, Ishimwe Pierre, wahanishijwe gukorera imyitozo mu Ikipe ya Intare FC, kugeza igihe kitazwi nk'uko amakuru THEUPDATE ifite abivuga.
Ibitego byo muri uyu mukino, byatsinzwe na El Hadji Madicke Kane ku munota wa 23, na Emmanuel Flomo ku munota wa 78.
Nyuma yo gutsinda uyu mukino, Al Hilal SC yongeye kuyobora Shampiyona y'u Rwanda by'agateganyo n'amanota 38 mu gihe APR FC yari kuri uyu mwanya yagumanye amanota 37 yayishyize ku mwanya wa kabiri.
Muri uyu mukino, Al Hilal SC babanje mu kibuga abakinnyi barimo: Mohamed Mustafa Mohamed, Walieldin Daiyeen (C), Kamaradini Mamudu, Petrus Aprocius, Ousmane Diouf, Yasir Awad Boshara Omer, Elhadi Madicke Kane, Adama Coulibali, Kindness Cole, Emmanuel Flom na Sunday Damilare.
Mu gihe APR FC yari yatangije, Hakizimana Adolphe, Niyigena Clement, Nshimiyimana Yunussu, Bugingo Hakim, Byiringiro Jean Gilbert, Ssekiganda Ronald, Ruboneka Bosco (C), Dauda Yussif, Hakim Kiwanuka, Djibril Ouattara na Togui Mel William.
Amafoto
What's Your Reaction?
Like
0
Dislike
0
Love
0
Funny
0
Angry
0
Sad
0
Wow
1



