Rutsiro: RDF yatanze amakuru kuri 'Drone' yakomerekeje abantu 3
Ingabo z'u Rwanda, RDF, zatanze ubusobanuro ku Indege idatarwa n'Abapirote [Drone], yagaragaye yakoreye impanuka mu Karere ka Rutsiro mu Ntara y'i Burengerazuba.
Amashusho y'iyi Drone, yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, guhera mu masaha ya saa 13:00 zo kuri uyu wa Kabiri, atangira guca igikuba.
Ni amashusho agaragaza iyi Drone yashungerewe n'abaturage by'umwihariko abakiri bato.
Nyuma yo kujya mu rungabangabo hibazwa iby'iyi Drone, Ingabo z’u Rwanda [RDF] zahumurije abaturage.
Zibinyujije ku rubuga rwa X yahoze ari Twitter, Ingabo z'u Rwanda zavuze ko iyi Drone ar'iy'Ingabo z'u Rwanda yakoze impanuka iri mu myitozo.
Zakomeje zivuga ko iyi mpanuka yatewe no gutakaza icyerekezo [Inzira], nyuma y'uko Ikirere kitari kimeze neza.
- Ibyo twamenye kuri iyi mpanuka
Yabaye ku Isaha ya saa 13:40 zo kuri uyu wa Kabiri, ikomeretsa Abanyeshuri batatu bari bavuye ku Ishuri bataha.
Babiri muri bo, bahise bajyanwa ku Kigo Nderabuzima cya Kivumu kugira ngo bitabwaho n’Abaganga, mu gihe undi yajyanywe ku Bitaro bya Murunda guhabwe ubuvuzi bwisumbuyeho.
Mu itangazo RDF yashyize ahagaragara yatangaje ko iri gufatanya n’inzego z’ibanze ndetse n’abaganga kugira ngo abo bana bavurwe neza.
Yanongeyeho ko yifatanyije n’imiryango yabo kandi ko izatanga ubufasha bwose bukenewe kugira ngo abana bakomerekeye n’imiryango yabo babashe guhangana n’ingaruka z’iri sanganya.
Amakuru THEUPDATE ikesha imbuga nkoranyamabaga, zirimo nka the Art of Intelligence, agaragaza ko ubwoko bw'izi Drone, bugura hagati y'Ibihumbi 35$ na 250,000$.
Amafoto
Abanyeshuri bavaga ku Ishuri, bari mu bagwiriwe n'iyi Drone.
Nyuma y'iyi Mpanuka, Ingabo z'u Rwanda zahumurije abo yagizeho ingaruka.
What's Your Reaction?
Like
0
Dislike
0
Love
0
Funny
0
Angry
0
Sad
0
Wow
0



