RDF yavuze k'Umusirikare w'u Rwanda wisanze mu Burundi
Nyuma y'uko Minisiteri y'Ingabo z''Igihugu cy'u Burundi ishyize hanze itangazo rivuga ko hari Umusirikare w'Ingabo z'u Rwanda wafatiwe ku Butaka bw'u Burundi, Ingabo z'u Rwanda zasubije kuri aya makuru.
Binyuze mu itangazo ryanyujijwe ku rubuga nkoranyambaga rwa X yahoze ari Twitter rwa Minisiteri z'u Rwanda, iyi Minisiteri yahamije aya makuru, gusa ivuga ko habayeho kwibeshya, bitandukanye n'ibyavuzwe n'Ingabo z'u Burundi.
Iri tangazo rivuga ko, tariki ya 24 Nzeri [9] 2025, Sgt Sadiki Emmanuel, Umushoferi mu Ngabo z'u Rwanda [RDF], yambutse Umupaka wa Gasenyi-Nemba atabigambiriye, yisanga ku Butaka bw’u Burundi.
Rikomeza rivuga ko nyuma yo kwisanga muri iki gihugu, yahise afatwa n’inzego za Polisi y’u Burundi, kuri ubu akaba afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kirundo, mu Murenge wa Busoni ho mu Ntara ya Butanyera.
Muri iri tangazo, RDF yakomeje ivuga ko yababajwe n’ibyabaye, ivuga ko yahise itangira ibiganiro na Guverinoma y’u Burundi hifashishijwe inzira za Dipolomasi, kugira ngo uyu Musirikare agaruke mu Rwanda.
RDF yavuze ko yizeye ko ibiganiro biri gukorwa bizatanga umusaruro, Sgt Sadiki Emmanuel agasubizwa mu Rwanda mu mahoro.
Twibutse ko Imyaka ishize ari 10 Ibihugu byombi bitarebana neza, guhera mu 2015 ubwo bamwe mu bashatse guhirika Ubutegetsi bwa Perezida Nkurunziza w'u Burundi, batsindwaga bagahungira mu Rwanda.
Perezida Nkurunziza yapfuye mu 2020, ariko Ibihugu byombi biracyarebana ay'ingwe, ku buryo n'Imipaka ibihuza hafunzwe ku ruhande rw'u Burundi.
Itangazo ry'Ingabo z'u Rwanda, rivuga ko Sgt Sadiki yambutse Umupaka atabigambiriye.
What's Your Reaction?
Like
0
Dislike
0
Love
0
Funny
0
Angry
0
Sad
0
Wow
0



