Shema Fabrice yagiranye ibiganiro na Gianni Infantino

Sep 19, 2025 - 21:39
Shema Fabrice yagiranye ibiganiro na Gianni Infantino

Nyuma yo gutorerwa kuyobora Ishyirahamwe ry'Umupira w'amaguru mu Rwanda, FERWAFA, muri Manda y'Imyaka ine iri imbere [2025-2029], Dr. Shema Ngoga Fabrice, yagiranye ibiganiro n'Umuyobozi w'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'amaguru ku Isi, FIFA.

Ibiganiro byahuje aba bayobozi bombi, byabereye i Rabat mu gihugu cya Maroke, ku kicaro cy'Ibiro bya FIFA ku Mugabane w'Afurika.

Infatino ari i Rabat, mu rugendo rwa mbere rw'akazi yagiriye kuri iki kicaro cya FIFA muri Afurika.

Urubuga nkoranyambaga rwa X yahoze ari Twitter rwa FERWAFA, rwatangaje ko baganiriye ku bijyanye no guteza imbere impano z'abakiri bato baconga ruhago mu Rwanda, amarushanwa y'abo, ndetse no kwimakaza ihame ry'imiyoborere myiza muri FERWAFA.

Ibiganiro byabo byasojwe bemeranya ko impande zombi zizakorana bya hafi, kugira ngo ibyo baganiriye bishyirwe mu bikora, mu rwego rwo guteza imbere ruhago y'u Rwanda.

Dr. Shema yatowe tariki ya 30 Kanama [8] 2025, asimbuye Munyantwali Alphonse wari wagiye kuri uyu mwanya mu 2023 awusimbuyeho Mugabo Nizeyimana Olivier, wari weguye ku mpamvu yari yise ize bwite.

Mbere yo gutorerwa kuyobora FERWAFA, Shema yari asanzwe ari umuyobozi w'Ikipe y'Umujyi wa Kigali, AS Kigali, kuva mu 2018.

Mu gihe kitageze no ku Kwezi ku buyobozi bwa FERWAFA, abakunzi ba ruhago mu Rwanda bavuga ko Dr. Shema agaragaza ibimenyetso byo kuzavamo umwe mu bayobozi beza FERWAFA yagize, mu gihe atahura na birantega.

What's Your Reaction?

Like Like 0
Dislike Dislike 0
Love Love 0
Funny Funny 0
Angry Angry 0
Sad Sad 0
Wow Wow 0