Rwanda: Al Hilal na Al Merrikh zashyiriweho amabwiriza yihariye mbere y’itangira rya Shampiyona

Aug 23, 2026 - 20:05
Rwanda: Al Hilal na Al Merrikh zashyiriweho amabwiriza yihariye mbere y’itangira rya Shampiyona

Mu gihe hasigaye ibyumweru bitarenga bibiri hagatangira umwaka mushya w’imikino (Shampiyona) mu Rwanda, amakipe abiri yo muri Sudani (Al Hilal na Al Merrikh), zashyiriweho amabwiriza yihariye.

Aya mabwiriza yatangajwe mu itangazo rigenewe itangazamakuru ryashyizwe hanze na Rwanda Premier League (RPL), urwego rushizwe gutegura no gushyira mu bikorwa shampiyona y’ikiciro cya mbere mu Rwanda, izwi nka BK Pro League.

Ni ambwiriza yashyizwe hanze nyuma y’inama isanzwe yahuje Rwanda Premier League n’abanyamuryango 16 kuri iki cyumweru.

Aya mabwiriza mashya, avuga ko mu gihe ikipe yo muri Sudani yaba iya mbere ku rutonde rwa shampiyona, izahabwa igikombe cy’icyubahiro (Honorary trophy).

Igikombe cya Shampiyona cya BK Pro League kikazahabwa ikipe izaba yabaye iya mbere mu manota mu makipe yo mu Rwanda.

Aya mabwiriza, akomeza agaragaza ko amakipe yo muri Sudani azajya ahabwa ibihembо bijyanye n’imikino yatsinze (Match winning bonus).

Aya makipe kandi azajya ahabwa ibihembо bigenerwa abakinnyi bitwaye neza, uhereye ku mukinnyi w’umukino kugeza ku mukinnyi mwiza w’umwaka, ku rwego rungana n’urw’amakipe yo mu Rwanda.

Aya makipe yemerewe gushyira mu kibuga icyarimwe abakinnyi batari Abanya-Sudani batarenze batandatu (6).

Ku rupapuro rw’umukino, aya makipe ntiyemerewe gushyiraho abakinnyi batari Abanya-Sudani barenze umunani (8).

Uretse aya mabwiriza, iyi nama yemeje ingengo y’imari ya Rwanda Premier League y’umwaka w’imikino 2026/2027 ingana na miliyari imwe na miliyoni magana abiri na mirongo inani n’ibihumbi mirongo itanu na bitanu (1,280,055,000 FRW).

Amabwiriza mashya ya Rwanda Premier League, ashyizwe hanze nyuma yo kutavuga rumwe ku bihembo byatanzwe mu mwaka ushize wa shampiyona (2025-26).

Muri uyu mwaka, Al Hilal yasoje ari iya mbere ihabwa igikombe, biteza urujijo ku buryo APR FC yari iya mbere mu zo mu Rwanda, nayo yaje guhabwa ikindi mu buryo benshi batasobanukiwe.

Ku bijyanye n’abanyamahanga, aya makipe yo muri Sudani, yakoreshaga abakinnyi bose ashaka, mu gihe nyamara izo mu Rwanda, zakoreshaga abanyamahanga 8 mu bakinnyi 11, ibyo aya makipe yavuze ko byayabujije ijambo ku gikombe, n’ubwo bamwe mu bakunzi ba ruhago bakunze kuvuga ko amakipe yo muri Sudani arusha umupira ayo mu Rwanda, hatitawe ku bo yakinisha bose.

Biteganyijwe ko ku munsi wa mbere wa shampiyona, Al Hilal SC izakirwa na Bugesera FC, mu gihe Al Merrikh SC izasura Rayon Sports.

Gusa, amahirwe menshi ni uko iyi mikino itazakinwa, kuko haba ‘Al Hilal SC, Al Merrikh SC na Rayon Sports’ zizaba ziri gukina imikino Nyafurika (CAF Champions League na CAF Confederation Cup), bityo ntagihindutse, zikazatangira gukina shampiyona ku munsi wa gatatu.

Al Hilal SC na Al Merrikh SC zatangiye gukina shampiyona y’u Rwanda mu mwaka ushize (2025-26), nyuma yo gukubuka muri Libya na Maurtania.

Yatangiye gukinira hanze y’Igihugu cyabo nyuma y’intambara yahadutse mu 2023, aho n’ubu ikaba ikomeje kubica bigacika.

N’ubwo akina shampiyona yo mu Rwanda, afite n’andi makipe yayo akina shampiyona yo muri Sudani, gusa ntikinwa mu buryo busanzwe bitewe n’iyi ntambara twagarutseho haruguru, ihuje ingabo za Leta n’umutwe uzwi nka RSF (Rapid Support Forces).

Yasabye gukinira mu Rwanda, kugira ngo biyafashe gukomeza gutyaza abakinnyi mu buryo buhoraho, cyane ko aseruka mu mikino Nyafurika buri mwaka.

Amafoto

Sudan giants Al Hilal SC advance to CAF Champions League group stage –  CECAFA FOOTBALLAl Hilal SC

Al-Merrikh yahagaritse umuvuduko wa Al-Hilal – UMUSEKEAl Merrikh

Image

What's Your Reaction?

Like Like 0
Dislike Dislike 0
Love Love 0
Funny Funny 0
Angry Angry 0
Sad Sad 0
Wow Wow 0