RIB yataye muri yombi Kalisa Adolphe 'Camarade' n'abandi bakozi ba FERWAFA

Sep 16, 2025 - 18:57
RIB yataye muri yombi Kalisa Adolphe 'Camarade' n'abandi bakozi ba FERWAFA

Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha [RIB], rwatangaje ko rwataye muri yombi, abarimo Kalisa Adolphe ‘Camarade’ wari Umunyamabanga w'Ishyirahamwe ry'Umupira w'amaguru mu Rwanda, FERWAFA.

Ibinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X yahoze ari Twitter, RIB yatangaje nyuma yo gutabwa muri yombi, ku bufatanye na Polisi y'Igihugu, Kalisa Adolphe na Tuyisenge Eric uzwi nka ‘Cantona’, bari gukorwaho iperereza.

Iri perereza bombi bari gukorwaho, rishingiye ku byaha bitandukanye bombi bakekwaho, birimo kunyereza umutungo, ruswa ndetse no gukoresha inyandiko mpimbano. 

Mu gihe Kalisa ari Umunyamabanga wa FERWAFA ucyuye igihe, Tuyisenge Eric ashinzwe ibikoresho by'ikipe y’Igihugu y'Umupira w'amaguru, Amavubi.

Bombi, bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Remera na Kicukiro, nk'uko itangazo RIB yashyize kuri X ribivuga.

RIB ikomeza ivuga ko iperereza kuri ibi byaba bakekwaho rikomeje, mu gihe dosiye ya Kalisa Adolphe yamaze koherezwa mu Bushinjacyaha.

Iri tangazo rya RIB, risoza rivuga ko ikomeza kuburira abantu kwirinda gukoresha ububasha bahabwa n’umwanya w'akazi barimo, mu nyungu zabo bwite kuko bihanwa n'amategeko.

What's Your Reaction?

Like Like 0
Dislike Dislike 0
Love Love 0
Funny Funny 0
Angry Angry 0
Sad Sad 0
Wow Wow 0