Bekeni yagizwe umutoza w'agateganyo wa Etincelles, asabwa kutayimanura mu kiciro cya kabiri
Nyuma yo gutandukana n'umutoza w'Umurundi, Djuma Masudi, Ikipe ya Etincelles FC yamusimbuye, Mbarushimana Abdoul uzwi nka Bekeni.
Bekeni wagizwe umutoza w'agataganyo w'iyi Kipe yo mu Karere ka Rubavu mu Ntara y'u Burengerazuba bw'u Rwanda, yari asanzwe ari umuyobozi ushinzwe ibijyanye na tekinike.
Imwe mu nshingano nyamukuru yahawe, ni ugukora ibishoboka byose iyi Kipe ntimanuke mu kiciro cya kabiri.
Ntabwo ari inshuro ya mbere ahawe izi nshingano, kuko Bekeni yatoje Etincelles mu bihe bitandukanye.
Gusa, izi nshingano yahawe ntiziroshye, kuko kuri ubu Etincelles iri ku mwanya wa nyuma n'amanota 11.
Yasoje imikino 18 ibanza ya Shampiyona, ifite umwenda w'ibitego 11.
Imbere yayo, hari Ikipe ya AS Muhanga ifite amanota 12, Amagaju FC ifite 13, Rutsiro FC ifite 14 na AS Kigali ifite 16.
Akomoza kuri izi nshingano zahawe Bekeni, umuyobozi wa Etincelles FC, Enock Ndagijimana, yavuze ko bizeye ubunararibonye bwe, mu kuzafasha iyi Kipe kutajya mu kiciro cya kabiri.
N'ubwo Ndagijimana avuga ibi, Bekeni w'Imyaka hafi 65 nk'uko amakuru THEUPDATE yabonye abyemeza, abaye umutoza wa gatatu ugiye gutoza Etincelles muri uyu Mwaka w'imikino (2025-26).
Etincelles yatangiye Shampiyona itozwa na Innocent Seninga, gusa yaje guhambirizwa mu Kwezi k'Ukwakira (10) k'Umwaka ushize (2025).
Nyuma y'Amezi abiri mu nshingano, yasimbujwe Djuma Masudi, nawe weretswe umuryango nyuma y'Amezi hafi ane.
Bamwe mu bakunzi ba Etincelles barimo Valence Hakizimana, batangaje ko banyuzwe n'icyemezo cyo kwirukana Masudi ndetse no kumusimbuza Bekeni, gusa bungamo ko bidahagije.
Bavuga ko mu gihe iyi Kipe bihebeye yaba itagiye mu kiciro cya kabiri, hagira igikorwa mu bijyanye n'imiyoborere yayo, kuko ari kimwe mu bigira uruhare mu musaruro mubi ifite.
Ku wa Gatandatu w'iki Cyumweru, Etincelles FC izakira Musanze FC kuri Sitade Umuganda, mu mukino ubanza w'iyi kwishyura.
What's Your Reaction?
Like
0
Dislike
0
Love
0
Funny
0
Angry
0
Sad
0
Wow
0



