U Rwanda rushobora kwakira Igikombe cy'Isi cy'umupira w'amaguru w'abafite Ubumuga
Komite y'Igihugu y'imikino y'abantu bafite Ubumuga mu Rwanda (NPC Rwanda), irimbanyije imyiteguro yo gusaba kuzakira imikino y'Igikombe cy'Isi cy'umupira w'amaguru w'abafite Ubumuga bw'Ingingo, mu kiciro cy'abagore.
Iyi mikino NPC Rwanda yiteguye gusaba kwakira, izakinwa mu mwaka w'i 2027.
Amakuru yo gusaba kuzakira iyi mikino, yatangajwe n'umuyobozi mushya wa NPC Rwanda, Dominique Bizimana, mu kiganiro yagiranye na The Newtimes.
Muri iki kiganiro, yavuze ko kimwe mu bimuraje inshinga muri Manda y'Imyaka ine izageza mu 2029, ari ukuzabona mu Rwanda hakinirwa ku nshuro ya mbere Imikino y'Igikombe cy'Isi cy'abantu bafite Ubumuga (Amputee Football) by'umwihariko mu kiciro cy'abagore.
Muri uyu mujyo, niho yaboneyeho gutangaza ko ibisabwa byose biri gushyirwa ku murongo, ku buryo mu 2027 bazaba biteguye.
Yagize ati:“Buri kimwe kiri gushyirwa ku murongo, kandi dufute ikizere. Turamutse kwemerewe kwakira iyi mikino, tuzaba twiteguye, cyane ko u Rwanda rumaze kugaragaza ko ari Igihugu cyakira imikino n'ibikorwa bya Siporo ku rwego mpuzamahanga kandi bikarangira nta makemwa”.
Bizimana wahoze ari Kapiteni w'Ikipe y'Igihugu ya Volleyball y'abantu bafite Ubumuga, yunzemo agira ati:“Nshingiye ku bindi bihugu duhanganiye kwakira iyi mikino, dufite amahirwe. Dufite ibikorweremezo bihagije, ubunararibonye mu kwakira amarushanwa mpuzamahanga kandi dufite n'ubushake. N'ubwo iyi mikino itarakinirwa na rimwe ku Mugabane w'Afurika, ariko u Rwanda ntabwo ari ku nshuro ya mbere twaba twanditse amateka. Mu kwezi kwa Nzeri (9) uyu Mwaka, Isi yarabibonye ko twakiriye Shampiyona y'Isi y'Amagare kandi yagenze neza”.
Imikino y'Igikombe cy'Isi cy'umupira w'amaguru w'abafite Ubumuga, mu kiciro cy'abagore yatangiye gukinwa ku nshuro ya mbere mu 2024.
Icyo gihe yakiniwe mu Mujyi wa Barranquilla ho mu gihugu cya Colombia.
Yitabiriwe n'Ibihugu 10 birimo “Colombia, Leta zunze ubumwe z'Amerika, Polonye, Kenya, Ubwongereza, Ukraine, Ecuador, Peru, Brazil na Haiti”.
Iri rushanwa ryegukanwe na Colombia itsinze Leta zunze ubumwe z'Amerika ku mukino wa nyuma, mu gihe Polonye yasoreje ku mwanya wa gatatu.
Ibihugu bya Kameroni na Nijeriya, byaryikuyemo ku munota wa nyuma.
Amafoto
Dominique Bizimana avuga ko u Rwanda rufute amahirwe yo kwakira Igikombe cy'Isi cy'abagore mu mupira w'amaguru w'abafite Ubumuga
Ikipe y'Igihugu ya Colombia, yegukanye Igikombe cyakinirwaga ku nshuro ya mbere, itsinze USA ku mukino wa nyuma

What's Your Reaction?
Like
0
Dislike
0
Love
0
Funny
0
Angry
0
Sad
0
Wow
0



