Police FC yegukanye Igikombe cy'Intwari itsinze APR FC kuri Penaliti 7-6 (Amafoto)
Ikipe ya Polisi y'u Rwanda, Police FC, yegukanye Irushanwa ry'Igikombe cy'Intwari itsinze iy'Ingabo z'u Rwanda, APR FC, kuri penaliti 7 kuri 6.
Penaliti yatanze igikombe, yatewe n'Umunyanijeriya, David Chimezie, nyuma y'uko amakipe yombi asoje iminota 90 y'uyu mukino anganya igitego 1-1, mu mukino wakiniwe kuri Sitade Amahoro i Remera, ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki ya 01 Gashyantare (2) 2026.
Kwegukana iki gikombe kwa Police FC, byari bivuze ko yongeye kwiyibutsa ibihe bya 2024, ubwo yegukanaga iri rushanwa nabwo itsinze APR FC ku mukino wa nyuma.
Umwaka ushize ubwo u Rwanda rwizihizaga Umunsi w'Intwari ku nshuro ya 31, Igikombe cyari cyatwawe na APR FC itsinze Police FC kuri penaliti 4-2.
Umukino wahuje aya makipe yombi kuri iki Cyumweru, watangiranye amashagaga ku makipe yombi, uku guhangana kwanaviyemo kapiteni wa Police FC, Eric Nsabimana, guhabwa Ikarita y'Umuhondo n'Umusifuzi Rulisa Patience wasifuye uyu mukino, hakiri kare.
Irii kosa Eric Nsabimana (Zidane) yahereweho iyi Karita ku munota wa 9, yarikoreye Gilbert Byiringiro (Kagege), ubwo yageragezaga kwinjira mu rubuga rw'amahina.
Ku munota wa 19, Christian Ishimwe na Eric Nsabimana (Zidane) bakinanye neza imbere y'izamu ku mupira wari uvuye muri Koruneri (Corner Kick), ariko ntababyaza umusaruro aya mahirwe.
APR FC yahise yereka Police FC ko ihari, Hakim Kiwanuka atanga umupira mwiza kuri Gilbert Mugisha, ariko amahirwe ayatera Inyoni.
Mbere y'uko Iminota 45 y'igice cya mbere irangira, Umunyezamu wa APR FC, Pierre Ishimwe, yihagazeho imbere y'uburyo bukomeye bwari bubonywe na Byiringiro Lague.
Amakipe yombi yavuye mu karuhuko k'Iminota 15, APR FC, yahise yereka Police FC ko akazi ko gukora muri uyu mukino ari kenshi, William Togui afungura Amazamu ku munota wa 52, ku mupira yahawe neza Kiwanuka
Police FC yakomeje kuguma mu mukino nyuma y'iki gitego, ndetse biza no kuyihira ku munota wa 67, Leonard Gakwaya yishyura igitego, nyuma yo kutihagararaho kwa myugariro Yunussu Nshimiyimana n'Umunyezamu Ishimwe Pierre.
Nyuma yo kwishyura, amakipe yombi yakoze iyo bwabaga mu minota 23 yari isigaye, binyuze mu bakinnyi nka Dieudonné Ndayishimiye ku ruhande ruhande rwa Police FC wagaruriye ku murongo umupira wajyaga mu Izamu, mu gihe ku ruhande rwa APR FC, abakinnyi nka Mamadou Sy na Togui bagerageje gukomanga mu Izamu rya Police FC, ariko Onesime Rukundo ababera ibamba.
Penaliti zabimburiwe na Ruboneka Bosco wa APR, atsinda iya mbere nyamara bagenzi be barimo Dauda Yussif, William Togui na Ronald Ssekiganda, bamutaba mu nama, kuko izo bateye zakuwemo na Patience Niyongira.
Uretse mu kiciro cy'abagabo, mu bagore iri rushanwa ryegukanywe n'Ikipe ya Rayon Sports WFC, itsinze Indahangarwa FC ibitego 2-0.
Ibi bitego byatsinzwe na Emeline Mukagatete wafunguye amazamu, mu gihe Angelique Umuhoza yashimangiye iyi ntsinzi.
Iri rushanwa ryatangiwe gukinwa mu 2018, ariko riza guhagarara mu gihe cya Covid-19.
Ikipe ya APR FC na Police nizo zimaze kuryegukana inshuro nyinshi (2) buri imwe, mu gihe indi yegukanywe na Rayon Sports.
Amafoto





What's Your Reaction?
Like
0
Dislike
0
Love
1
Funny
0
Angry
0
Sad
0
Wow
0



