Ituri: Abarwayi ba Ebola n’Abaganga bahunze igitero cy’uburakari bw’abaturage
Abarwayi ba Ebola ndetse n’abakozi babitaho mu bitaro bya Nyakunde mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo bahunze.
Iri hunga ryabaye nyuma y’uko ibi bitaro bigabweho igitero n’imbaga y’abantu barakaye, nk’uko umwe mu bakozi bakora muri ibi bitaro yabibwiye ibiro ntaramakuru Reuters dukesha iyi nkuru.
Iki gitero kije kiyongera mu bindi nka cyo byakomye mu nkokora ibikorwa byo guhangana n’iyi Virusi ikomeje kurikoroza.
François Berocan Uderos, Umuganga ukora ku shami ifasha abarwayi kubongera umwuka, yavuze ko bene wabo (Abafitanye isano) n’umurwayi ari bamwe mu bari bari muri iyo mbaga yiraye mu bitaro biri mu ntara ya Ituri.
Iki gitero cyagabwe ku wa gatatu nyuma ya saa sita z’amanywa no mu masaha y’umugoroba, batera amabuye ndetse bangiza uruzitiro rw’ibitaro.
François yunzemo ko iki gitero cyakozwe nyuma y’urupfu rw’umugore wari waje kuhabyarira, akaza gupfa azize kubura amaraso.
Ati:“Abo mu muryango we bari bifuje kumuha amaraso, ariko ibitaro birabyanga. Byavuze ko guhanahana amaraso bibujijwe muri iki gihe Ebola ikomeje kurikoroza.”
François yasoje avuga ko abarwayi barenga 10 ba Ebola bavurirwaga muri ibi bitaro batorotse.
What's Your Reaction?
Like
0
Dislike
0
Love
0
Funny
0
Angry
0
Sad
0
Wow
0



