Harimo Abogosha n'Abashoferi: 20 bajyanye u Rwanda mu gikombe cy'Isi cya U17 babayeho bate

Feb 4, 2026 - 20:32
Harimo Abogosha n'Abashoferi: 20 bajyanye u Rwanda mu gikombe cy'Isi cya U17 babayeho bate

Gukinira Ikipe y'Igihugu, ni zimwe mu nzozi za buri mukinnyi wese, bikaba akarusho gukinira iy'Igihugu cy'u Rwanda.

Imyaka 15 irashize, Ikipe y'Igihugu y'umupira w'amaguru, Amavubi, y'abatarengeje Imyaka 17, ikoze amateka yo gukina imikino ya nyuma y'Igikombe cy'Isi.

Iyi mikino rukumbi u Rwanda rumaze kwitabira muri iki kiciro, yakiniwe mu gihugu cya Mexique ku Mugabane wa Amerika y'Amajyaruguru, hagati ya tariki 18 Kamena (6) n'iya 10 Nyakanga (7) mu Mwaka w'i 2011.

Igikombe cyegukanywe n'Ikipe y'Igihugu cya Mexique, itsinze iya Uruguay ibitego 2–0 ku mukino wa nyuma.

Muri iyi nkuru, tugiye kugaruka ku rugendo rwagejeje u Rwanda muri Mexique ndetse n'ubuzima abakinnyi bakinnye iyi mikino basigaye babayemo.

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda, yabonye itike yo kwerekeza muri Mexique nyuma gukina umukino wa nyuma w'igikombe cy'Afurika cyakiniwe mu Rwanda.

Iki gikombe cyegukanywe n'Ikipe y'Igihugu ya Burkina Faso itsinze iy'u Rwanda ibitego 2–1, mu mukino wa nyuma wakiniwe kuri Sitade Amahoro i Remera mu Mujyi wa Kigali.

Nyuma yo kubona itike yo kujya muri Mexique, u Rwanda rwisanze mu itsinda rwari rusangiye n'Ibihugu bya “Canada, Uruguay n'Ubwongereza”.

U Rwanda rwatozwaga n'Umufarasnsa, Richard Tardi, rwasoje iyi mikino ruri ku mwanya wa nyuma mu itsinda, nyuma yo kuyitangira tariki ya 19 Kamena (6) 2011 rutsindwa n'ubwongereza ibitego 2–0. Mu mikino 3 rwakinnye, rwatsinzwemo 2 runganya 1.

N'ubwo rwavuye muri Mexique rutarenze umutaru, kwitabira iyi mikino byari bivuye ikintu kidasanzwe mu mateka ya ruhago mu Rwanda, cyane ko rwari rumaze Imyaka 17 gusa ruvuye mu mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, yasize Igihugu gisenyutse hafi muri ngeri zose.

Iyi Kipe yatozwaga na Richard Tardi, yari igizwe n'Abakinnyi 20 barimo Abanyezamu 3 Steven Ntalibi, Marcel Nzarora na Kabes Hategikimana”.

Hari kandi ba myugariro 6 bari bagizwe na “Michel Rusheshangoga, Celestin Ndayishimiye, Eugene Habyarimana, Emery Bayisenge (c), Faustin Usengimana na Jean‑Marie Rusingizandekwe”.

Abakinnyi 5 bo hagati mu kibuga bari barimo “Robert Ndatimana, Andrew Buteera, Heritier Turatsinze, Janvier Benedata na Bonfils Kabanda”.

Mu gihe ubusatiri bwari buyobowe n'abakinnyi 6 barimo “Eric Nsabimana, Mwesigye Tibingana, Justin Mico, Sulaiman Kakira, Ibrahim Itangishaka na Farouk Ruhinda”.

Muri aba bakinnyi uko ari 20, abakinnyi 5 gusa niba basigaye mu kibuga.

  • Marcel Nzarora

Nzarora wari uzwi ku kazina ka (Barthez) yatorejwe guconga ruhago mu Ishuri ry'umupira w'amaguru rya FERWAFA ryitwaga Isonga. Yerekeje muri Mexique ari Umunyezamu ubanza mu kibuga.

Nyuma y'iyi mikino, yakomereje mu makipe atandukanye y'imbere mu gihugu arimo Police FC, Isonga, Mukura VS&L, Musanze na Rayon Sports”.

Yahagaritse gukina mu Rwanda mu 2019 ari mu Ikipe ya Mukura VS&L, ahita yerekeza mu gihugu ya Ecose (Scotland) ari naho yasoreje guconga ruhago.

Kuri ubu, niho asigaye atuye we n'umurango we (Umugore n'abana).

  • Michel Rusheshangoga

Yari myugariro ukina inyuma ku ruhande rw'ibumoso. Nawe yazamukiye mu  Ishuri ry'umupira w'amaguru rya FERWAFA (Isonga).

Uyu mugariro wari uzwi ku kazina ka Jay-Jay Okocha, ni umwe mu bakinnyi bakinnye igihe kirekire adasimburwa.

Imbere mu gihugu, yakinnye mu makipe arimo “Isonga, APR FC na AS Kigali”.

Ku ruhando mpuzamahanga, yerekeje mu gihugu cya Tanzaniya, akina mu Kipe ya Singida United.

Uretse kwegukana ibikombe bya Shampiyona muri APR FC n'iby'Amahoro, yari mu ikipe yatsindiwe ku mukino wa nyuma wa CECEFA Kagame Cup mu 2014 na Al Merrikh SC.

Nyuma yo guhagarika gukina mu 2020, Rusheshangoga atuye i Texas ho muri Leta zunze ubumwe za Amerika.

  • Celestin Ndayishimiye

Ndayishimiye bakundaga kwita (Ndakare), yakinnye mu makipe atandukanye y'imbere mu gihugu arimo “Police FC, AS Muhanga, Mukura VS&L ndese na Sunrise FCakinamo kuri ubu.

Mu gihe Ikipe y'Igihugu Amavubi yatozwaga Johnathan McKinstry, ni umwe bagenderwagaho. Kuri ubu, atuye mu Karere ka Nyagatare.

  • Eugene Habyarimana

Habyarimana yari umusimbura wa Rusheshangoga. Nyuma yo kuva muri Mexique, yakomereje mu Ikipe ya Musanze FC, ari naho yasoreje ruhago.

Kuri ubu, Habyarimana atuye yagiye gushakishiriza mu buzima muri Malawi.

  • Eric Nsabimana

Mu bakinnyi 20 bagiye muri Mexique, niwe ufatwa nk'uhagarariye abagikina mu buryo buhoraho.

Kuri ubu, akina mu Ikipe ya Polisi y'u Rwanda, Police FC, anabereye kapiteni. Mbere yo kwerekeza muri Police FC, yakiniye APR FC na AS Kigali.

Ntiyakinye hanze y'Igihugu. Yari mu Ikipe y'Igihugu Amavubi y'abakina imbere mu gihugu, yitabiriye imikino ya CHAN yo mu 2020 yakiniwe mu gihugu cya Kameroni.

  • Robert Ndatimana

Yari umukinnyi ngenderwaho hagati mu kibuga. Gusa, yabaye umwe mu bakinnyi batengushye, kuko batatanze ibihwanye n'ubushobozi abantu bamubonagamo.

Yakinnye mu makipe atandukanye y'imbere mu gihugu arimo Isonga FC, Rayon Sports, Bugesera FC, Gicumbi FC na Sunrise FC”.

Yasoje gukina ruhago ari mu Ikipe ya Sunrise, nyuma yo kurwara indwara y'agahinda gakabije.

Kuri ubu, atuye mu Karere ka Rwamagana, ari nako avukamo.

  • Charles Tibingana

Ni umwe mu bakinnyi bagiye muri Mexique badakina imbere mu gihugu.

Tibingana yakinaga mu gihugu cya Uganda, mu Ikipe ya Proline Academy.

Nyuma yo kuva mu gikombe cy'Isi, yakinnye muri APR FC ndetse no muri Victoria University FC yo muri Uganda. Kuri ubu, abarizwa i Gashora mu Karere ka Bugesera.

  • Emery Bayisenge

Yerekeje muri Mexique ari Kapiteni w'iyi Kipe. Nk'umukinnyi wakinaga hagati mu mutima w'ubwugarizi, yari umwe mu nkingi za mwamba za Tardi.

Nyuma yo kuva muri Mexique, yakinnye muri APR FC, AS Kigali, Gasogi United ndetse na Rayon Sports akinira kuri ubu.

Yanyarukiye hanze y'u Rwanda, akina mu makipe arimo Saif Sporting Club na Jeunesse Sportive d’El Massira yo muri Maroke.

Uretse gukina mu batarengeje Imyaka 17, yakiniye Amavubi makuru mu mikino yushaka itike y'Igikombe cy'Afurika ndetse n'inshuro 2 mu marushanwa ya CHAN.

  • Bonfils Kabanda

Kabanda wari umwe bakinnyi bakina hanze bari muri iyi Kipe, yavuye muri Mexique akina mu makipe yo mu kiciro cya kabiri mu gihugu cy'Ubufaransa, arimo AS Nancy Lorraine na Thaon.

Nk'umwe mu bakinnyi bakina hagati mu kibuga, mbere yo kuza gukinira u Rwanda, yari asanzwe atuye mu Bufaransa, ari naho abarizwa kuri ubu. Amakuru avuga kuri we, ni uko yahagaritse guconga ruhago.

  • Andrew Buteera

Yakiniye Amavubi avuye mu Ikipe ya Proline FC Academy yo mu gihugu cya Uganda.

Nyuma yo kuva muri Mexique, yakiniye Ikipe ya Isonga FC na APR FC.

N'ubwo yari afite impano idashidikanywaho, yakomwe mu nkokora n'imvune za hato na hato yakunze guhura na zo mu bihe bitandukanye. Izi mvuze ni nazo zamuviriye guhagarika gukina imburagihe.

Kuri ubu, abarizwa i Gashora mu Karere ka Bugesera, aho yerekeje amaso mu kuzamura impano z'abakiri bato, akazi afatanya na Tibingana, afata nk'inshuti ye magara. 

  • Justin Mico

Mico, yavuye muri Mexique akina mu makipe atandukanye y'imbere mu Rwanda arimo Isonga FC, AS Kigali, Police FC na Rayon Sports.

Hanze y'u Rwanda, yerekeje mu gihugu cya Kenya, akinira Ikipe ya Sofapaka.

Nyuma yo guhagarika guconga ruhago, asigaye abarizwa mu gihugu cy'Ubufaransa ari naho atuye, aho bivugwa ko akora umurimo wo gutwara Imodoka.

  • Heritier Turatsinze

Nyuma yo kuva muri Mexique, yakiniye amakipe arimo Sunrise, Police FC na Bugesera.

Nyuma yo gusoza gukina umupira w'amaguru, atuye i Rubavu mu Ntara y'u Burengerazuba bw'u Rwanda.

  • Janvier Benedata

Yavuye muri Mexique, akinira amakipe atandukanye y'imbere mu gihugu arimo APR FC, Mukura VS&L na AS Kigali akinira kuri ubu ndetse anabereye kapiteni.

  • Faustin Usengimana

Nk'umwe muri ba myugariro batangaga ikizere, yavuye muri Mexique akinira amakipe ya APR FC na Rayon Sports.

Mu Mwaka w'i 2019, yerekeje mu gihugu cya Zambiya mu Ikipe ya Buildcon.

Kuri ubu, akinira Ikipe ya AS Kigali, yasinyiye mu mpera z'Ukwezi gushize kwa Mutarama (1) y'i 2026.

  • Jean-Marie Rusingizandekwe

Rusingizandekwe yari umukinnyi uhanganira na Celestin Ndayishimye, umwanya wo kubanza mu kibuga.

Nyuma yo kuva muri Mexique, yakiniye Ikipe ya Marine FC yo mu Karere ka Rubavu.

Kuri ubu, abarizwa mu gihugu cy'Ububiligi, aho akora akazi ko guhuza abakinnyi n'amakipe (Football Agent).

  • Sulaiman Kakira

Yavuye muri Mexique akinira amakipe arimo APR FC na Kiyovu Sports.

Kuri ubu, abarizwa i Dubai muri Leta zunze ubumwe za Abarabu, aho akora akazi kajyanye n'iby'ubwikorezi (Cargo Business) ndetse na serivise z'ivunjisha (Currency Exchange).

  • Ibrahim Itangishaka

Nyuma yo kuva muri Mexique, Itangishaka utarabonaga umwanya uhagije wo gukina muri iyi Kipe, yakiniye Ikipe ya Etincelles FC.

Kuri ubu, asigaye atuye mu Karere ka Rubavu, aho akora akazi ko gutanga imyitozo ngororamubiri (Gym).

  • Farouk Ruhinda

Ruhinda wavukiye mu gihugu cya Uganda, yavuye muri Mexique akinira amakipe arimo APR FC na Bugesera FC abarizwamo kuri ubu.

  • Steven Ntaribi

Ntaribi yagiye muri Mexique ari Umunyezamu usimbura na Nzarora.

Avuyeyo, yakiniye amakipe arimo Isonga FC, APR FC, Musanze FC na Gorilla FC.

Nyuma yo guhagarika guconga ruhago, akora muri Banki ya Kigali.

  • Kabes Hategekimana

Hategekimana wari Umunyezamu wa gatatu, yavuye muri Mexique, akinira amakipe arimo AS Muhanga na Musanze FC.

Kuri ubu, atuye mu Karere ka Musanze, aho afite akazi ko Kogosha (Barber) avanga no kuba Umutoza wa 3 w'Abanyezamu ba Musanze FC.

Amafoto

Tracing the stars who guided Rwanda to FIFA U17 World Cup

Where are the stars who guided Rwanda to the FIFA U-17 World Cup? - The New  Times

U-17 team start World Cup preps with win - The New Times

May be an image of one or more people, people playing American football, people playing football and text that says

What's Your Reaction?

Like Like 0
Dislike Dislike 0
Love Love 0
Funny Funny 0
Angry Angry 0
Sad Sad 0
Wow Wow 0