CAF Champions League: Fiston Mayele yatsinze Ibitego 2 byatandukanyije Pyramids na APR (Amafoto)

Oct 1, 2025 - 19:02
CAF Champions League: Fiston Mayele yatsinze Ibitego 2 byatandukanyije Pyramids na APR (Amafoto)

Rutahizamu mpuzamahanga w'Ikipe y'Igihugu ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Fiston Kalala Mayele, niwe wabaye itandukaniro hagati y'Ikipe ya APR FC na Pyramids FC, mu mikino ubanza w'ijonjora ry'ibanze rya CAF Champions League wakiniwe kuri Sitade yitiriwe Pelé i Nyamirambo mu Mujyi wa Kigali, kuri uyu 01 Ukwakira 2025.

Uyu mukino wari witabiriwe n'abakunzi ba APR FC ku rwego rwo hejuru, nyamara batashye bimyiza Imoso, nyuma y'uko Mayele anyeganyeje inshundura ku munota wa 49 n'uwa 86 w'umukino.

Nyuma yo gutsindirwa i Kigali, APR FC izajya kwishyura mu Misiri tariki ya 05 Ukwakira [1] 2025.

Mu gihe Amakipe yombi yari yagize mu karuhuko k'iminota 15 yaguye miswi y'u 0-0, Abakinnyi ba Pyramids bagarutse mu kibuga berekana ko bumvise amabwiriza y'abatoza neza kurusha aba APR. 

Mayele yacunze uko ba Myugariro ba APR FC bahagaze, yisanga wenyine imbere y'Umunyezamu Ishimwe Pierre, ahita anyeganyeza inshundura ku munota wa 4 gusa w'igice cya kabiri.

N'ubwo APR FC yatsinzwe ibitego 2-0, yagiye ibona amahirwe yo kurunguruka mu Izamu rya Pyramids, ariko ikayatera Inyoni.

Muri uyu mukino, Rutahizamu w'Umunya – Maurtania, Mamadou Sy ukinira APR FC, yatsinze igitego, ariko Umusifuzi wo ku ruhande, avuga ko yari yaraririye.

Mu kiganiro n'Itangazamakuru nyuma y'umukino, Umutoza wa APR FC, Taleb Abderrahim, yavuze ko n'ubwo Igitego Sy yatsinze kitemewe n'Abasifuzi, nyuma y'umukino bamusabye imbabazi bavuga ko bamwibeshyeho, atari yaraririye.

Mu gihe Taleb yavugaga ko yasifuriwe nabi, ku ruhande rwa Pyramids naho ntabwo byari byoroshye, kuko Umutoza wayo, Krunoslav Jurčić yeretswe Ikarita Itukura ku munota wa 70 w'umukino, nyuma yo kutavuga rumwe n'Abasifuzi ku byemezo byafatirwaga Abakinnyi be.

Ni mu gihe Fiston Kalala Mayele, yazanzwe n'Ibyishimo yeretswe n'Abafana b'Ikipe ya Rayon Sports bari baje gushyigikira Pyramids, maze nyuma y'umukino, umwe muri bo, amuha Umwenda [Umupira] yakinanye, nk'ikimenyetso cy'urugwiro babagaragarije.

Abakinnyi 11 buri ruhande rwabanje mu Kibuga.

  • APR FC
Ishimwe Pierre
Raoul Memel Dao
Mugisha Gilbert
Niyomugabo Claude (C)
Niyigena Clement
Byiringiro Jean Gilbert
Ronald Ssekiganda
Yussif Seidu Dauda
Ruboneka Jean Bosco
Nshimiyimana Yunussu
Mel William Togui

Abasimbura: Ruhamyankiko, Souane, Kiwanuka, Sy, Bugingo, Pacifique, Ramadhan, Omedi na Omborenga.
  • Pyramids FC

Ahmed Elshenawi
Ahmed Saad
Gabr Mossad (C)
Blati Toure
Fiston Mayele
Mostafa Ahmed
Mohamed Chibi
Mahmoud Abdelhafiz
Sharaf Eldin
Ahmed El Sawy
Ewerton Dasilva

Amafoto

The New Times

The New Times

The New Times

The New Times

The New Times

The New Times

The New Times

The New Times

What's Your Reaction?

Like Like 0
Dislike Dislike 0
Love Love 0
Funny Funny 0
Angry Angry 0
Sad Sad 0
Wow Wow 0