Amasezerano hagati ya Amerika na Iran yiswe intsinzi ikomeye ya Diporomasi

Jun 17, 2026 - 10:18
Amasezerano hagati ya Amerika na Iran yiswe intsinzi ikomeye ya Diporomasi

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yashimye amasezerano mashya hagati y’igihugu ayoboye na Repubulika ya Kiyisiramu ya Iran, avuga ko ari intsinzi ikomeye muri Diporomasi.

Mu gihe Visi Perezida wa Amerika, JD Vance, yavuze ko gahunda ya kirimbuzi ya Iran ‘Yasenyutse burundu’ kandi ko aya masezerano azatuma Iran itongera kubaka ubushobozi bwo gukora izi ntwaro.

Ni mu gihe byitezwe ko Trump ashobora gushyira hanze ingingo 14 zigiye aya masezerano, mbere y’uko ashyirwaho umukino ku wa gatanu w’iki Cyumweru, mu Busuwisi.

Ntabwo ari ku nshuro ya mbere ibi bihugu bigiye gusinyana amasezerano, kuko mu 2015 ubwo Amerika yayorwaga na Barack Obama nabwo yari yasinywe, gusa bivugwa ko ntacyo yatanze.

Donald Trump, yavuze ko amasezerano mashya hagati ya Washington na Tehran agamije kwemeza ko Iran itazongera guteza imbere ubushobozi bwa Nikleyeri.

Abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwe, Truth Social, yanenze cyane amasezerano yo mu 2015 (JCPOA) yagenzurwaga na Barack Obama, avuga ko yahaye Iran amahirwe yo guteza imbere gahunda yayo ya Kirimbuzi, ariko ayo kuri iyi nshuro ayihagarika burundu.

N’ubwo Trump avuga ibi, uruhande rwa Iran ntacyo ruratnagaza.

What's Your Reaction?

Like Like 1
Dislike Dislike 0
Love Love 0
Funny Funny 0
Angry Angry 0
Sad Sad 0
Wow Wow 0
Habimana jean Paul Theupdate journalist