Tanzaniya yasabye Drogba kuyibera Ambasaderi w’Igikombe cya Afurika

May 5, 2026 - 19:03
Tanzaniya yasabye Drogba kuyibera Ambasaderi w’Igikombe cya Afurika

Perezida Samia Suluhu yasabye Didier Drogba wahoze abica bigacika mu Ikipe y’Igihugu ya Côte d’Ivoire ndetse na Chelsea yo mu Bwongereza, kuba Ambasaderi wa Tanzaniya mu gikombe cya Afurika cya 2027 iki gihugu kizakira, gifatanyije na Uganda na Kenya.

Ibiro bya Perezida Samia, bivuga ko yabimusabye mu ruzinduko Drogba ari kugirira muri Tanzaniya, ubwo yakirwaga mu biro bya Perezida ku murwa mukuru wa Politike, Dodoma.

Samia yasabye kandi Minisiteri ifite imikino mu nshingano gufatanya Drogba ngo asangize ubunararibonye bwe ibigo bitoza umupira w’amaguru muri Tanzaniya.

Drogba yageze muri Tanzaniya ku wa mbere w’iki Cyumweru, ku butumire bwa Minisitiri Paul Makonda ufite imikino mu nshingano.

Didier Drogba w’imyaka 48, ni umwe mu bakinnyi b’ibigwi bikomeye muri Afurika no ku isi.

Yamenyekanye cyane ubwo yakiniraga Chelsea yo mu Bwongereza aho yayitsindiye ibitero 164, agatwara ibikombe bine bya English Premier League na bine bya FA Cup. Ikipe y’igihugu cye nayo yayitsindiye ibitero 65.

Uretse guconga ruhago, afatwa nk’intwari muri Côte d’Ivoire, aho yagize uruhare mu guhagarika intambara y’imbere mu gihugu, yari imaze hafi imyaka itatu.

Nyuma yo gufasha Igihugu cye kubona tike y’Igikombe cy’Isi cya 2006, yagiye kuri Televiziyo asaba impande zari zihaganye gushyira intwaro hasi anazihamagara mu biganiro.

Kenya, Uganda na Tanzania bizakira igikombe cya Afurika muva muri Kanama (6) kugera muri Nyakanga (7) umwaka utaha.

What's Your Reaction?

Like Like 1
Dislike Dislike 0
Love Love 1
Funny Funny 0
Angry Angry 0
Sad Sad 0
Wow Wow 1