Guverinoma yahagaritse Amafaranga yashyiraga mu Ikipe y'Igihugu kubera umusaruro muke

Oct 15, 2025 - 11:02
Guverinoma yahagaritse Amafaranga yashyiraga mu Ikipe y'Igihugu kubera umusaruro muke

Guverinoma y'Igihugu cya Zambiya, yatangaje ko yahagaritse amafaranga yashyirwaga mu Ikipe y'Igihugu y'umupira w'amaguru izwi nka Chipolopolo, nyuma yo kutanyurwa n'umusaruro iyi kipe yagize mu mikino yo gushaka itike y'Igikombe cy'Isi cyo mu 2026, kizakinirwa muri USA-Canada-Mexique.

Iki gihugu cyatangaje ko iki cyemezo cyafashwe tariki ya 13 Ukwakira [10] 2025, gihita gitangira gushyirwa mu bikorwa.

N'icyemezo Guverinoma yavuze ko kizakurwaho ari uko yeretswe na Minisiteri ya Siporo ndetse n'Ishyirahamwe rya ruhago aha muri Zambiya, ibigiye gukorwa mu kongera gusubiza iyi Kipe icyubahiro yahoranye.

Perezida wa Zambiya, Hakainde Hichilema, avuga ko yababajwe n'uburyo Igihugu cye kitwaye, by'umwihariko mu mukino batsindiwe mu rugo na Niger, igitego 1-0.

Mu mikino 8 yakinnye mu itsinda rya gatanu, Zambiya yayisoje ifite amanota 9, iri ku mwanya wa kane, inyuma ya Tanzaniya ya 3, Niger ya 2 na Maroke yabonye itike yo gukina Igikombe cy'Isi.

Hichilema avuga ko gukurikirwa n'Ikipe imwe, Congo, yasoje ifite inota 1, ari ibintu bibabaje ku gihugu cye, bityo ko iki cyemezo cyari gikwiriye.

Yakomeje avuga ko byanze bikunze, mu Ishyirahamwe rya ruhago muri Zambiya [FAZ], hashobora kuba harimo ibibazo bituma iyi kipe yitwara nabi, asaba abo bireba kubikurikirana mu buryo bwihutirwa.

N'ubwo iki cyemezo cyafashwe, Avram Grant, watozaga iyi kipe, azakomeza kuguma ku mwanya we, kugeza hafashwe ikindi cyemezo.

Umuyobozi wa FAZ, Keith Mweemba, yavuze ko abavugaga ko Grant agiye guhita yirukanwa atari byo, kuko azakomeza kuguma mu nshingano nk'uko amasezerano impande zombi zifitanye abivuga.

Avram Grant wanyuze mu makipe arimo Chelsea yo mu Bwongereza, yageze muri Chipolopolo mu Kwezi k'Ukuboza [12] mu 2022.

What's Your Reaction?

Like Like 1
Dislike Dislike 0
Love Love 0
Funny Funny 1
Angry Angry 0
Sad Sad 0
Wow Wow 0