FERWAFA yemeyere amakipe 3 yo muri Sudani gukina muri Shampiyona y'u Rwanda

Oct 24, 2025 - 11:54
FERWAFA yemeyere amakipe 3 yo muri Sudani gukina muri Shampiyona y'u Rwanda

Ishyirahamwe rya ruhago mu Rwanda, FERWAFA, ryemeje ubusabe bw'amakipe atatu yo mu gihugu cya Sudani, yasabye gukina muri Shampiyona y'ikiciro cya mbere mu Rwanda, mu Mwaka w'imikino w'i 2025-26 bwemejwe bidasubirwaho.

Amakipe atatu yasabye gukina muri iyi Shampiyona, arimo “Al Merrikh SC, Al Hilal SC na El Ahli SC Wad Medani”.

Mu itangazo rigenewe Itangazamakuru, THEUPDATE yaboneye Kopi, FERWAFA yahamije ko ikifuzo cy'aya makipe cyamaze kwakirwa.

Rigira riti:“Ishyirahamwe rya ruhago mu Rwanda, FERWAFA, ryishimiye gutangiriza Abanyarwanda, abafatanyabikorwa muri ruhago ndetse n'umuryango mugari w'abakunzi b'umupira w'amaguru, ko Amakipe atatu yo muri Sudani yamaze kwemererwa gukina muri Shampiyona y'u Rwanda”.

Rikomeza rigira riti:“Ubu busabe kandi, bwemejwe na Rwanda Premier League Board, umufatanyabikorwa wa FERWAFA, ushinzwe gutegura Shampiyona”.

FERWAFA ikomeza ivuga ko, iki cyemezo kigamije gukomeza kugira uruhare mu guteza imbere ugukorera hamwe kw'Ibihugu byo mu Karere, kwimakaza ihame ryo kurushanwa ndetse gushyigikira iterambere rya ruhago binyuze gutsura umubano n'Ibihugu by'amahanga.

Nyuma yo kwemerewa, aya makipe ari gushaka uburenganzira butangwa na CAF mbere yo gutangira gukina muri Shampiyona.

Ryugamo ko ibijyanye n'uko aya makipe azakina imikino yayo, biza gutangazwa na Rwanda Premier League mu gihe cya vuba.

THEUPDATE ifite amakuru ko ntagihindutse, aya makipe azatangira gukina shampiyona guhera ku munsi wa gatandatu.

Ni mu gihe kandi, ashobora no kwemererwa gukina Irushanwa ry'Igikombe cy'Amahoro ndetse n'Irushanwa ry'Intwali.

Twibutse ko mu gihugu cya Sudani, guhera mu 2023 nta Shampiyona ikinwa, bitewe n'Intambara ibica bigacika, hagati y'Ingabo za Leta n'iz'Umutwe wa RSF (Rapid Support Forces).

Abakunzi b'umupira w'amaguru bakunze kuvuga ko mu Rwanda haba amakipe abiri gusa (APR FC na Rayon Sports), ariyo akunze gusimburana ku bikombe bikinirwa imbere mu gihugu, ibi bikaba biyabeshya ko akomeye, nyamara yagera ku ruhando mpuzamahanga, agasezererwa atarenze umutaru.

Bityo, aya makipe yo muri Sudani, akaba ari igipimo nyacyo, cyane ko ku kijyanye n'amikoro, atajenjetse.

ImageItangazo rya FERWAFA, ryemeza ko amakipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y'u Rwanda.

What's Your Reaction?

Like Like 2
Dislike Dislike 0
Love Love 0
Funny Funny 1
Angry Angry 0
Sad Sad 0
Wow Wow 1