Rwanda: Shampiyona y’i 2026-27 izakinwa mu gihe cy’amezi icyenda

May 15, 2026 - 13:58
Rwanda: Shampiyona y’i 2026-27 izakinwa mu gihe cy’amezi icyenda

Ubuyobozi bushinzwe gutegura Shampiyona y’ikiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru mu Rwanda (Rwanda Premier League Board), bwatangaje ingengabihe y’Umwaka utaha wa Shampiyona.

Iyi Shampiyona izakinwa mu gihe cy’amezi icyenda, izatangira ku wa Gatanu tariki ya 04 Nzeri (9) 2026.

Biteganyijwe ko izasozwa ku Cyumweru tariki ya 30 Gicurasi (5) 2026, ntagihindutse.

Imikino ibanza izasozwa ku wa Gatanu tariki ya 31 Mutarama (1) 2027, mu gihe iyo kwishyura izatangira ku wa Gatanu tariki ya 05 Gashyantare (2) 2027.

Ni ku nshuro ya mbere itangira ry’Umwaka mushya w’imikino ritangajwe kare, by’umwihariko ibi bibaka bifasha amakipe kwitegura neza cyane aserukira u Rwanda mu mikino ya CAF Champions League na CAF Confederations Cup.

Kugeza ubu, Shampiyona y’ikiciro cya mbere mu Rwanda, ikinwa n’amakipe 18 avuye kuri 16 yari asanzwe.

Umubare wageze kuri 18 nyuma yo kwiyongeramo amakipe abiri (2) yo muri Sudani, yasabye gukinira mu Rwanda, cyane ko muri Sudani hari umutekano mucye watewe n’intambara yadutse muri iki gihugu kuva mu 2023.

Aya makipe ni Al Hilal SC na Al Merreikh SC.

Yombi yerekanye ko hari icyo yongereye ku rwego rwo guhatana muri Shampiyona, cyane ko nka Al Hilal SC yamaze kwegukana igikombe cya Shampiyona nyuma yo gutsinda Gasogi United ibitego 2-0 mu mukino wakinwe ku wa Gatatu w’iki Cyumweru tariki ya 13 Gicurasi (5) 2026.

Mu gihe Shampiyona y’i 2025-26 isigaye iminsi itatu (3) gusa ngo irangire, kuba hatangarijwe ku gihe ingengabihe y’itangira ry’Umwaka mushya, ni ikerekana ko impinduka muri ruhago y’u Rwanda zishoboka n’ubwo inzira ikiri ndende.

Gusa, kugeza ubu, harakibazwa niba amakipe abiri yo muri Sudani ‘Al Hilal SC na Al Merreikh SC’, azongera kwemererwa gukina iyi Shampiyona.

THEUPDATE ifite amakuru yo abayobozi b’aya makipe bari basabye ko bakongera kwemererwa gukinira mu Rwanda, cyane ko abakinnyi bari bamaze kuhamenyera ndetse ari Igihugu cyabakiranye urugwiro.

Mbere yo kuza gukinira mu Rwanda, Al Hilal SC yabanje gukinira muri Maurtania, mu gihe Al Merreikh SC yanyuze muri Libya.

What's Your Reaction?

Like Like 0
Dislike Dislike 0
Love Love 0
Funny Funny 0
Angry Angry 0
Sad Sad 0
Wow Wow 0