Mugabe Aristide yahagaritse gukina Basketball nk'Umwuga nyuma y'Imyaka 18
Mugabe Aristide yatangaje ko yasezeye ku mwuga wo gukina Basketball nyuma y'Imyaka 18 mu kibuga.
Gusezera muri uyu mukino yari amazemo Imyaka 18, yabitangarije mu butumwa yanyujije ku rukuta rwa Instagram mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri.
Yagize ati:“Nyuma y'ibihe bibi n'ibyiza nagiriye mu rugendo rw'Imyaka 18 maze nkina Basketball. Uyu munsi ntangaje ku mugaragaro ko nsezeye gukina Basketball mu buryo bw'Umwuga. Ndashimira buri wese wanshyigikiye muri uru rugendo. Ndashimira umuryango wanjye, inshuti, abatoza bose nanyuze imbere, abakinnyi twakinanye, abo mu makipe twahanganye, abafana n'abayobozi banyoboye mu makipe yose nanyuzemo”.
Yakomeje agira ati:“Amakipe yose nakiniye ariyo ‘Rusizi Basketball Club, Marine Basketball Club, Espoir Basketball Club, CSK Basketball Club, Patriots Basketball Club ndetse na Kepler Basketball Club’, ndabashimira ko mwampaye umwanya wo kugaragaza impano yanjye”.
Akomoza ku Ikipe y'Igihugu by'umwihariko, Mugabe yagize ati:“Ntabwo nabona amagambo yasobanura uburyo nashimishijwe no gukinira Ikipe y'Igihugu cyanyibarutse. Ndashimira abayobozi bose bambonyemo ikizere by'umwihariko cyo kuyibera umukinnyi uyoboye abandi (Kapiteni). Biri mu byangize uwo ndi we kuri uyu munsi, kandi nzahora mbizirikana”.
Yasoje agira ati:“Ndashimira Ishyirahamwe ry'umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA), ku ruhare rwaryo mu gushyigikira abafite inzozi zo gukina uyu mukino dukunda”.
“Ndashimira by'umwihariko inshuti n'abavandimwe banyakiriye ubwo nongeraga gusubira ku ivuko, aho nabaye nkiri umwana. Mwagize uruhare ntagereranywa muri uru rugendo rw'Imyaka 18. Ntabwo byoroshye ndetse no kubona amagambo yo gusezera uyu mukino wangize uwo ndi we, ariko igihe cyari iki”.
Amateka agaragaza ko Aristide Mugabe yavukiye mu Rwanda tariki ya 11 Gashyantare (2) 1988.
Impano yo kuzavamo umukinnyi ukomeye wa Basketball yatangiye kumurika mu Mwaka w'i 2001 ubwo yigaga mu mashuri yisumbuye.
Mu Mwaka w'i 2007, yatangiye gukina muri Shampiyona y'ikiciro cya mbere, atangirira mu Ikipe ya Rusizi Basketball Club.
Nk'umukinnyi wa Rusizi Basketball Club yayimazemo Imyaka 2, hagati ya 2007 na 2009.
Yavuye mu Ikipe ya Rusizi Basketball Club mu 2009, yerekeza mu Mujyi wa Kigali mu Ikipe ya Espoir Basketball Club yakinnyemo kugeza mu 2015.
Muri Espoir Basketball Club niho yagaragarije ko ari umwe mu bakinnyi ntagereranywa amateka azahora yibuka, atwaramo ibikombe n'ibihembo bitandukanye, birimo n'icy'Umukinnyi uhiga abandi muri Shampiyona (MVP) mu Mwaka w'i 2012 na 2013.
Mu gihe yari umukinnyi wa Espoir Basketball Club, yiyambajwe n'andi makipe arimo Marine Basketball Club yakiniye mu mikino y'Akarere ya 5 mu mikino yo gushaka itike yo kwitabira imikino ny'Afurika mu 2009 ndetse na Cercle Sportif de Kigali (CSK) mu 2010.
Nyuma yo kuva muri Espoir Basketball Club mu Mwaka w'i 2015, yerekeje mu Ikipe ya Patriots Basketball Club, yakinnyemo kugeza mu 2023.
Muri Patriots Basketball Club yegukanyemo ibikombe bitandukanye birimo na Shampiyona, ndetse anaba umwe mu bakinnyi bayikiniye ubwo yitabiraga imikino ya Basketball Africa League (BAL) itangira gukinwa mu 2021.
Muri iyi mikino yakiniwe muri BK Arena mu Mujyi wa Kigali, Patriots Basketball Club yasoreje ku mwanya wa 4.
Mu kumushimira, Ikipe ya Patriots Basketball Club, yakuye nimero 88 yambaraga, muri nimero zambarwa n'abakinnyi mu rwego rwo kumuha icyubahiro.
Nyuma y'Imyaka 8 muri Patriots Basketball Club, yerekeje mu Ikipe ya Kaminuza ya Kepler, Kepler Basketball Club mu 2024, ari nayo yasorejemo urugendo rwe rw'Imyaka 18.
Ku ruhando rw'Ikipe y'Igihugu, Mugabe yayikinnyemo mu gihe cy'Imyaka 11, hagati ya 2011 na 2022.
Yari mu Ikipe y'Igihugu yakinnye imikino ya nyuma y'Igikombe cy'Afurika (AfroBasket), mu Mwaka w'i 2011, 2013 na 2017.
Muri iyi Myaka 11 ari mu Ikipe y'Igihugu, yayibereye Kapiteno hagati ya 2013 na 2019.
What's Your Reaction?
Like
0
Dislike
0
Love
0
Funny
0
Angry
0
Sad
0
Wow
0



