Kigali: Ibihugu 20 byitabiriye Iserukiramuco rya Giants of Africa (Amafoto)

Nyuma y'Imyaka ibiri, Iserukiramuco ry'Afurika rizwi nka Giants of Africa Festival, ryagarutse mu Mujyi wa Kigali.
Kuri iki Cyumweru, ryafunguwe ku mugaragaro, mu Birori bidasanzwe byabereye mu Nzu y'Imikino n'Imyidagaduro ya Kigali, BK-Arena.
Ryafunguwe na Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Kagame Paul wari hamwe n'Umuyobozi wa Giants of Africa, Masai Ujiri.
Urubyiruko rusaga 2000 ruvuye mu bihugu 20 byo ku Mugabane w'Afurika, rwari rwabukereye.
Ibikorwa bya Giants of Africa Festival byafunguwe kuri iki Cyumweru, bizasozwa tariki ya 02 Kanama [8] 2025.
Gusa, ku wa Gatandatu tariki ya 26 Nyakanga [7] 2025, bamwe mu bitabiriye Giants of Africa Festival, bitabiriye Umuganda rusange usozwa Ukwezi kwa Nyakanga [7], wabereye mu Murenge wa Gatenga, mu Karere ka Kicukiro.
Giants of Africa Festival n'Umushinga watekerejwe na Masai Ujiri, Umunyanijeriya ufite Ubwenegihugu bwa USA.
Ugamije guteza imbere Urubyiruko rwo ku Mugabane w'Afurika, binyuze mu Mikino, Ubuhanzi n'Ubugeni.
Kuri iyi nshuro, Giants of Africa Festival iri kwizihiza Imyaka 22.
Ibirori byo kuri iki Cyumweru, byasusurukijwe n'Abahanzi barimo: Kevin Kade, Ruti Joel, Boukuru, Chriss Eazy ndetse n'Umunyamideli, Sherrie Silver.
Uretse Perezida Kagame na Ujiri, ibirori byo gufungura Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Giants of Africa Festival ku mugaragaro, byitabiriwe na Minisitiri w'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Abdallah, Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire n'Umuyobozi wa Basketball Africa League [BAL], Amadou Gallo Fall.
Amafoto















What's Your Reaction?






