FERWAFA yasubije abibaza niba Ikipe yo muri Sudani izahabwa Igikombe cya Shampiyona
Perezida w’Ishyirahamwe rya ruhago mu Rwanda, FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice, yatangaje ko hazatangwa igikombe kimwe kizahabwa ikipe yegukanye Shampiyona n’iyo yaba iyo muri Sudani, mu gihe iyo mu Rwanda izahabwa Miliyoni 80 Frw gusa.
Shema yabajijwe kuri iki kibazo nyuma y’amakuru yavugwaga ko muri Rwanda Premier League hari abashyigikiye ko hatangwa Igikombe cya Shampiyona kitarobanuye ku bwenegihugu kuko amakipe yose yakinnye imikino ingana, ahubwo kigatangwa hagendewe k’uwahigitse abanda, ariko ntibikureho ko Ikipe izaba yaje imbere ku rutonde rwa Shampiyona mu zo mu Rwanda izabarwa ko yatwaye Shampiyona y’i 2025-26.
Aganira n’Itangazamakuru nyuma y’igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 abahoze ari abakinnyi, abatoza, abayobozi n’abakunzi b’Ikipe ya Kiyovu Sports bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Shema yagize ati:“Ndibaza ko Igikombe cya Shampiyona ari kimwe, kandi gihabwa uwayisoje arusha abandi”.
Yunzemo ati:“Mu byo twakoze bindi ndetse byamenyeshejwe n’amakipe yo muri Sudani ari gukina Shampiyona y’u Rwanda, harimo ibijyanye n’Amafaranga aherekeza uwegukanye Igikombe. Aya mafaranga, azahabwa Ikipe yo mu Rwanda izaba yitwaye neza kurusha izindi ku rutonde rwa Shampiyona, ihabwe Miliyoni 80 z’Amafaranga y’u Rwanda. Ariko gutanga Igikombe, kizahabwa Ikipe yabaye iya mbere”.
Shema yavuze ko ntagihindutse, Ikipe yo muri Sudani ariyo izahabwa Igikombe, kuko izasoza ari iya imbere.
Akomeza avuga ko mu mategeko y’Impuzamashyirahamwe ya ruhago muri Afurika (CAF), atemerera iyi kipe guserukira u Rwanda mu marushanwa Nyafurika, ko ahubwo izaserukira u Rwanda mu mikino ya CAF Champions League, ari Ikipe yo mu Rwanda izaba ifite umwanya mwiza nyuma y’isozwa rya Shampiyona.
Uyu muyobozi w’Ishyirahamwe rya ruhago mu Rwanda, FERWAFA, yasoje avuga ko kugeza ubu ariko FERWAFA ibyumva kandi na Rwanda Premier League itegura Shampiyona yakabaye nayo ibyumva ityo.
Shema yasubije iki kibazo, mu rwego rwo gutanga umucyo ku byari bimaze igihe byibazwa n’abakurikiranira hafi Shampiyona yo mu Rwanda, cyane ko ari ku nshuro ya mbere mu mateka yayo ikinwe n’amakipe yo hanze y’u Rwanda.
Kugeza ubu, Ikipe ya Al Hilal SC yo mu gihugu cya Sudani, iri ku mwanya wa mbere n’amanota 70 nyuma y’imikino 30 imaze gukina.
Irusha APR FC amanota 11 kuko ifite 59, mu gihe nyamara APR imaze gukina 31.
Mu gihe hasigaye imikino itagera kuri 5, hibazwa uko bizagenda mu gutanga Igikombe, niba kizahabwa Ikipe yahize izindi mu Rwanda, cyangwa se hazatangwa Ibikombe 2.
Al Hilal SC ntabwo ariyo kipe yo muri Sudani iri gukinira Shampiyona mu Rwanda, kuko inakinwa kandi n’Ikipe ya Al Merrikh SC.
Al Merrikh SC nayo ntabwo iri kure ku rutonde rwa Shampiyona, kuko iri ku mwanya wa 3 n’amanota 58, mu gihe imaze gukina 30, bivuze ko itsinze uwa 31, yahita igira amanota 61 ikarusha amanota 2 APR FC.
Mu gihe Al Hilal SC na Al Merrikh SC zakomeza kwitwara neza, Ikipe yo mu Rwanda yatwara Miliyoni 80 z’Amafaranga y’u Rwanda zizahabwa Ikipe yo mu Rwanda yahize izindi, ishobora kuzaba yabaye iya 3 nyuma y’isozwa rya Shampiyona.
Aya makipe yo muri Sudani, yaje gukinira mu Rwanda avuye gukina muri Shampiyona yo muri Maurtania na Libya.
Aha muri Maurtania, Al Hilal SC, yegukanye Igikombe cya Shampiyona y’i 2024-25.
Icyo gihe, hatanzwe Ibikombe 2, kimwe gihabwa Al Hilal SC, ikindi bagiha FC Nouadhibou yari yabaye iya kabiri.
Al Hilal SC na Al Merrikh SC zikinira Shampiyona hanze ya Sudani zikoresha amakipe yabo akomeye, mu gihe imbere mu gihugu nabwo baba bahafite izindi zikina Shampiyona.
Yahisemo uyu mujyo atari ku bushake, ahubwo ari uko byatewe n’Intambara yadutse muri iki gihugu kuva mu 2023, ndetse ikaba ikomeje kugarika ingogo.
Kugira ngo izabone itike yo guserukira Sudani mu marushanwa ya CAF Champions League cyangwa Confederations Cup, Al Hilal SC iyo imaze gutwara Igikombe mu gihugu ikiniramo, abakinnyi bayo bakomeye bahita basubira muri Sudani gufasha abahasigaye gukina imikino ya kamarampaka (Playoffs).
Al Hilal SC na Al Merrikh SC baza gukinira mu Rwanda, bahahisemo nk’ahantu hafite umutekano kandi hizewe habafasha gukina amarushanwa ya CAF.
Amafoto
Shema yavuze ko Igikombe cya Shampiyona y’i 2025-26 kizahabwa Ikipe izaba yayirangije ari iya mbere hatitawe ku gihugu ikomokamo. (Ifoto/Ububiko)
Al Hilal SC yegukanye Shampiyona yo muri Maurtania mu 2024-25
FC Nouadhibou yahebwewe kwitwara neza kurusha izindi zo muri Maurtania.
What's Your Reaction?
Like
0
Dislike
0
Love
0
Funny
0
Angry
0
Sad
0
Wow
0



