BAL 2026: RSSB Tigers yagarutse i Kigali nyuma yo kwitwara neza muri Afurika y’Epfo (Amafoto)

Apr 6, 2026 - 10:26
BAL 2026: RSSB Tigers yagarutse i Kigali nyuma yo kwitwara neza muri Afurika y’Epfo (Amafoto)

Ikipe y’Isanduku y’ubwiteganyirize bw’abakozi mu Rwanda (RSSB) mu mukino wa Basketabll, RSSB Tigers BBC yagarutse i Kigali nyuma yo kwitwara neza mu mikino ya Basketball Africa League (BAL) yari imaze Icyumweru ikinirwa muri SunBet Arena mu Mujyi wa Pretoria mu gihugu cy’Afurika y’Epfo.

Iyi Kipe yageze ku Kibuga mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe mu masaha ya saa moya za mugitondo (07:00) nk’uko amakuru yizewe THEUPDATE ikesha abiri kuri iki kibuga abihamya.

Yagarutse imaze gukatisha itike yo kuzakina imikino ya nyuma izakinirwa i Kigali mu kwezi gutaha kwa Gicurasi (5), imikino izakinirwa muri BK Arena.

RSSB Tigers yasoje imikino yo mu itsinda ryiswe Kalahari iri ku mwanya wa mbere nyuma yo gutsindwa umukino 1 mu mikino yose yakinnye.

RSSB Tigers yatangiye Al Ahly Ly amanota 103–95, RSSB Tigers 82–78 Petro de Luanda, RSSB Tigers 102–89 Johannesburg Giants, RSSB Tigers 104–92 Dar City mu gihe kandi yasoje itsindwa na Nairobi City Thunder 101-92.

Itsinda rya Kalahari ryakinirwaga mu Mujyi wa Pretoria, ryari ryitabiriwe n’amakipe arimo ‘RSSB Tigers’ yo mu Rwanda, ‘Petro de Luanda’ yo muri Angola, ‘Al Ahly Ly’ yo muri Libya, ‘Nairobi City Thunders’ yo muri Kenya, ‘Dar City’ yo muri Tanzaniya ndetse na ‘Johannesburg Giants’ yo muri Afurika y’Epfo.

Nyuma y’uko amakipe ahuye hagati yayo kuva tariki ya 27 Werurwe (3) 2026 kugeza ku ya 05 Mata (4) 2026, amakipe ane (4) niyo yabonye itike yo kwerekeza i Kigali mu kwezi guhata kwa Gicurasi (5), hagati ya tariki ya 22 n’iya 31.

Aya makipe yasoje akurikiranye ku rutonde mu buryo bukurikira, RSSB Tigers yari ku mwanya wa mbere, ikurikiwe na Petro de Luanda, Al Ahly Ly mu gihe umwanya wa kane wasorejweho n’ikipe ya Dar City.

Mu gihe amakipe azahagararira itsinda rya Kalahari yamaze kumenyekana, ayo mu itsinda rya Sahara azamenyekana nyuma y’imikino izakinirwa muri Maroke hagati ya tariki ya 24 Mata (4) 2026 n’iya 03 Gicurasi (5) 2026, mu mikino izakinirwa muri Prince Moulay Abdellah Sports Complex mu Mujyi wa Rabat.

Ni ku nshuro ya mbere RSSB Tigers yari yitabiriye iyi mikino, ikaba yarahagarariye u Rwanda nyuma y’uko APR BBC yari ifite iyi tike ititabiriye mu buryo butavuzweho rumwe.

Amafoto

Image

Image

Image

Image

Image

Image

What's Your Reaction?

Like Like 1
Dislike Dislike 0
Love Love 0
Funny Funny 0
Angry Angry 0
Sad Sad 0
Wow Wow 1