Manchester City return to the Etihad Stadium level at 1-1 after the first leg of their…
Imikino
UEFA Champions League 1/2: De Bruyne and Vinicius score stunning goals
Superb goals from Vinicius Junior and Kevin De Bruyne either side of half-time meant that spoils…
UEFA Champions League: Yaya TourĂ© yateye utwatsi abashinja Abirabura kuvuma Pep GuardiolaÂ
Umunyakotedivuwari Yaya TourĂ©, yatangaje ko yitandukanyije n’amakuru avuga ko Abanyafurika baravumye Manchester City mu marushanwa ahuza amakipe y’ibikonyozi ku Mugabane w’Uburayi azwi nka UEFA Champions League.
Yaya TourĂ© yavuze ko kuba Manchester City itaratwara iki gikombe, ntaho bihuriye n’umuvumo w’abakinnyi bakomoka ku Mugabane w’Afurika bayinyuzemo cyangwa se bayikinamo kuri ubu.
Abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Twiter, Yaya TourĂ© yagize ati:“Uwahoze ashinzwe kunshakira amakipe numvise amvuga mu bijyanye n’umuvumo. Ntiyongere kumpuza n’iyi myumvire idafite ishingiro ku mivumo yo muri Afurika”.
“Ninginze itangazamakuru bankure muri ibi bintu. Dimistri Seluk ntabwo ampagarariye mu buryo ubwo ari bwo bwose. Kongera iyi myumvire bishobora kugira icyo byangiza”.
Ibi uyu mukinnyi ukomoka muri Cote D’Ivoire yabikoze nyuma y’uko uwahoze ashinzwe kumushakira amakipe witwa Dimistri Seluk atangaje ko umuvumo wari kuri Manchester City muri Champions League kubera abakinnyi bakomoka muri Afurika wakuweho.
Iyi myimvure y’uko Pep Guardiola yaba yaravumwe muri Champions League yaje muri 2018.
Ni bwo Dimistri Seluk wari ushinzwe gushakira amakipe Yaya TourĂ© yatangaje ko umutoza wa Manchester City atazongera gutwara igikombe cya Champions League bitewe n’ukuntu afata nabi abakinnyi bakomoka muri Afurika.
Byari nyuma y’uko amaze kubikorera Yaya TourĂ© muri Manchester City, amwima umwanya wo gukina kandi ari umuhanga.
Pep Guardiola aheruka gutwara igikombe cya Champions League agitoza FC Barcelona.
Kuva icyo gihe, abantu batangiye gutekereza ko koko Pep Guardiola yaba yaravumwe bitewe n’ukuntu yagiye asezererwa mu buryo butumvikana kandi mu yandi marushanwa bari kwitwara neza.
Manchester City yatwawe igikombe cya Champions League mu 2021 na Chelsea mu buryo butumvikana ndetse no mu mwaka ushize yasezerewe na Real Madrid muri 1/2 nabwo mu buryo butumvikana.
Mu gihe Manchester City yitegura gukina na Real Madrid uyu munsi muri 1/2, Dimistri Seluk ku munsi w’ejo aganira na The Mirror, yavuze ko noneho wa muvumo w’abakinnyi bakomoka muri Afurika wakuweho.
Yagize ati:“Ndashaka gusaba imbabazi kuri iki kibazo. Ndatekereza ko igihe kigeze kugira ngo uburakari buhagarare kandi nzi ko Yaya Toure abyumva nkanjye kuko nta kindi yifuza uretse gutsinda kwa Manchester City”.
“Nshobora kuvuga ko ubu amarozi yakuweho kandi nibaza ko Manchester City iri hamwe na Pep Guardiola izegukana Igikombe cya UEFA Champions League”.
“Bafite amahirwe menshi yo kugitwara uyu mwaka. Uko byagenda kose n’iyo batagitwara ariko byanze bikunze mu myaka itatu iri imbere bazatwara Champions League”.
“Muribuka ko igihe nenga Manchester City byari ukubera ko batari bahaye Yaya Toure ‘Cake’ ku munsi w’amavuko? Ni byiza, umunsi wanjye w’amavuko uri muri uku kwezi, uruhare rwanjye mu kuvuma Manchester City rurarangiye. Mu by’ukuri, nizeye ko Manchester City izegukana ibikombe 3 muri uyu mwaka w’imikino, birimo na UEFA Champions League”.
UEFA Champions League: Man City eye revenge against Real Madrid
Treble-chasing City face Real in the semi-finals of the Champions League for the second straight year.…
Kigali: BK Arena yafunguye Ishami ryâUbukerarugendo bushingiye kuri Siporo nâImyidagaduro
Kompanyi eshatu ari zo Kigali City Tour (KCT), Ikaze Rwanda Tours & Travel, na QA Venue…
BAL2023: REG BBC izacakirana na Al Ahly mu mikino ya nyuma izabera i Kigali
Kuri iki Cyumweru, mu gihugu cya Misiri haraye hasojwe imikino yo gushakisha Itike yo kuzakina imikino…
Lionel Messi apologises to PSG team-mates for unauthorised Saudi Arabia trip
Lionel Messi has apologised to his Paris Saint-Germain team-mates for skipping training in a video on…
Urugamba rwo kuyobora Ferwafa rugeze mu Mahina, ni bande bahabwa amahirwe?
Urugamba rwo gushakisha umuyobozi mushya w’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA rugeze mu mahina, mu gihe…
Napoli clinch first Serie A title after 33 years
When did Napoli win Serie A title? Diego Maradona’s old club seals first Italian title in…
Erling Haaland has broken a Premier League record but not Dixie Deanâs
Haaland has overtaken Alan Shearer and Andy Cole, but is still some way short of Deanâs…