Urukiko rwâubujurire rwatangiye kumva Urubanza rwâubujurire Ubushinjacyaha buregamo Twagirayezu Wenceslas ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Twagirayezu woherejwe mu Rwanda nâigihugu cya Denmark mu mwaka 2018 ngo aburane kuri ibi byaha, mu kwezi kwa mbere uyu mwaka yagizwe umwere nâurukiko rukuru rutegeka ko afungurwa.
Wenceslas Twagirayezu niwe wa mbere wagizwe umwere nâurukiko mu Rwanda mu bamaze koherezwa nâIbihugu bitandukanye byâIburayi kuburanira mu Rwanda ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Yari mu rukiko yambaye ikoti asa neza nkâumuntu umaze igihe yidegembya.
Mu rukiko ariko, mbere yo kuburana ku bujurire bwatanzwe nâubushinjacyaha, Twagirayezu nâabunganizi be Me Gashema Felicien na Bikotwa Bruce bagaragaje impungenge zâuregwa avuga ko nâubwo yagizwe umwere nâurukiko rukuru agafungurwa, ariko amasezerano hagati ya Denmark nâu Rwanda atubahirijwe.
Ibyo abivuga ngo kuko u Rwanda rwamubujije gusubira mu gihugu cya Denmark ariho yaratuye ubu akaba adafite aho kuba, akaba yirwanaho muri byose; kurya, kwivuza nâibindi, ibyo ngo byagombye kwishyurwa na Leta.
Nyuma yâimpaka ndende urukiko rwanzuye ko urubanza rwâubujurire rutangira, ariko icyo kibazo abo kireba bakagishyikiriza urukiko kikazakurikiranwa.
- Urubanza nyirizina
Mu Bujurire umucamanza yavuze ko ibyâingenzi birebwa ari ibi bikurikira: Kumenya niba Wenceslas yari mu Rwanda cyangwa atari mu Rwanda ku matariki 7,8,9 zâukwezi kwa 4 umwaka wa 1994, nkâuko arizo mpaka zashingiweho mu rukiko rukuru mu rubanza rwabanje.
Ibindi bisuzumwa kandi ni ukumenya niba yaragizwe umwere hirengagijwe ibimenyetso bimushinja byatanzwe nâubushinjacyaha cyangwa se niba kumugira umwere hari amategeko yirengagijwe.
Umushinjacyaha yabwiye urukiko rwâubujurire ko bo babona Twagirayezu atarigeze atanga ibimenyetso bifatika agaragaza ko atari mu Rwanda, mu gihe abunganira Twagirayezu bo bavuga ko ibimenyetso yatanze ndetse nâimvugo zâabatangabuhamya bihagije kandi bifite ishingiro.
Umushinjacyaha yavuze ko urukiko rukuru mu kumugira umwere rwirengagije inyandiko we ubwe yiyemereye yo mu gihugu cya Denmark, ubwo yabazwaga nâurwego rushinzwe abinjira nâabasohoka ko yari mu Rwanda kuva mu kwezi kwa mbere kugeza mu kwezi kwa karindwi mu 1994.
Twagirayezu yabwiye urukiko ko ibyo yabibwiye inzego za Denmark koko ariko ko atigeze abaha amakuru arambuye yâuko yanyarukiye muri Zaire mu biruhuko bya pasika kuva mu kwezi kwa 3 kugeza tariki 9 zâukwa 4 mu 1994.
Mu kwezi kwa mbere uyu mwaka urugereko rwâurukiko rukuru rwavuze ko nta bimenyetso bifatika ubushinjacyaha bwagaragaje byerekana ko ibyaha bwamushinje gukora koko byakozwe ari mu Rwanda.
Kandi ngo ubushinjacyaha ntibwaragaje ibimenyetso bifatika bivuguruza ibyo Twagirayezu yagaragaje byâuko amatariki ashinjwa kugiriraho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi atari ari mu Rwanda, rushyigikira inyandiko yatanze zagaragazaga ko yari ari muri Zaire. Urubanza ruracyakomeje. (BBC)