Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane bashya barimo Dr. Kalinda François Xavier, Bibiane Gahamanyi, Dr Usta Kaitesi na Solina Nyirahabimana.
Itangazo rya Perezidansi ryashyizwe hanze kuri uyu wa Mbere, tariki 23 Nzeri 2024, rije nyuma yâiminsi 3 Komisiyo yâigihugu yâAmatora itangaje urutonde ntakuka rwâAbasenateri batowe mu matora yabaye tariki 16 na 17 Nzeri 2024, ahatowe Abasenateri 12 batorwa nâinzego zihariye, hakurikijwe inzego zâimitegekere yâIgihugu ndetse nâAbasenateri 2 baturuka mu mashuri makuru na Kaminuza bya Leta nâizâigenga.
Ingingo ya 80 yâItegeko nshinga ivuga ko Abasenateri umunani bashyirwaho na Perezida wa Repubulika, byâumwihariko akita ku bumwe bwâAbanyarwanda, ku ihagararirwa ryâigice cyâAbanyarwanda amateka agaragaza ko basigaye inyuma no ku zindi nyungu rusange zâIgihugu.
Dr François Xavier Kalinda wagizwe Senateri, asanzwe ari Perezida wa Sena muri manda ishize, aho yagizwe Senateri na Perezida wa Repubulika muri Mutarama 2023, nyuma yo kwegura kâuwari Perezida wa Sena Dr Iyamuremye Augustin ku mpamvu zâuburwayi.
ku rundi ruhande, Dr Usta Kaitesi yagizwe Senateri nyuma yâigihe gito avuye ku nshingano nkâUmuyobozi Mukuru wâUrwego rwâIgihugu rwâImiyoborere, RGB, umwanya yasimbuweho na Dr Doris Uwicyeza Picard muri Kanama uyu mwaka.
Ni mu gihe Madamu Solina Nyirahabimana we yabaye Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Itegeko Nshinga nâandi Mategeko kuva mu 2020. Mbere yaho yari Minisitiri wâUburinganire nâIterambere ryâUmuryango.
Gahamanyi Bibiane Mbaye na we wagizwe Senateri asanzwe ari impirimbanyi yâuburenganzira bwa muntu ndetse akaba yaragiye akora mu miryango Mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu nâimiryango itari iya Leta ifasha gushyiraho amategeko nâamahame yâuburinganire.
Abasenateri bagenwa na Perezida wa Repubulika ntibemezwa nâUrukiko rwâIkirenga kandi bashyirwaho nyuma yâAbasenateri batorwa nâabashyirwaho nâizindi nzego.
Umutwe wa Sena mu Nteko Ishinga Amategeko yâu Rwanda ugirwa nâabasenateri 26.
Barimo 12 batorwa mu nzego zâimitegekere yâIgihugu, bane batorwa binyuze mu Ihuriro ryâImitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda nâumunani bashyirwaho na Perezida wa Repubulika. (RBA)