Bahisemo kugangika: Uko Imyigaragambyo y’abakozi b’Ikibuga cy’Indege yahagaritse Ingendo

Ibikorwa ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya kiri mu murwa mukuru Nairobi bisa n’ibyahagaze kubera imyigaragambyo y’abakora kuri iki kibuga bamagana ko leta igiye kugikodesha na kompanyi yo mu Buhinde.

Amagana y’abagenzi baheze kuri iki kibuga cy’indege kitwa Jomo Kenyatta International Airport (JKIA) gifatwa nk’isangano rikuru ry’ingendo z’indege muri aka karere.

Perezida William Ruto wa Kenya yasobanuye ko leta itagiye kugurisha iki kibuga, ahubwo igiye kugikodesha n’abikorera kugira ngo bagiteze imbere.

Indege nyinshi zari kugenda zasubitse ingendo, abakozi bakira abagenzi bahageze n’abahaguruka mu bice bitandukanye by’iki kibuga bahagaritse gukora kuva saa sita z’ijoro ryacyeye.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu abakozi amagana b’iki kibuga cy’indege bagaragaye bigaragambya ku marembo makuru ya cyo, amashusho y’ibinyamakuru byo muri Kenya aberekana barwana na polisi yaje kubakoma imbere.

Kompanyi ya leta Kenya Airways, yasohoye itangazo ivuga ko kubera “igikorwa bya bamwe mu bakozi ba JKIA” habayeho gukerererwa no gushobora guhagarika ingendo zimwe zayo zari ziteganyijwe “ku bagenzi bahaguruka n’abahagera.

Ihuriro ry’abakozi mu by’indege rya Kenya ryaburiye ko rizakora imyigaragambyo ihoraho nyuma y’uko leta yanze gutangaza amakuru yose agize amasezerano yo gukodesha iki kibuga cy’indege na kompanyi y’abahinde izwi nka Adani Group.

Amashusho agaragaza abakora kuri iki kibuga bahuriye hamwe ku wa kabiri nimugoroba bavuga ko guhera saa sita z’ijoro ryacyeye batagomba gukora kugira ngo “barengere ikibuga cy’indege cyacu”.

Uyu munsi abigaragambya bumvikanye bavuga ko batava kuri iki kibuga cy’indege kandi badasubira mu kazi ayo masezerano ya leta na Adani Group adahagaritswe.

Ihuriro ry’aba bakozi rivuga ko gukodesha iyo kompanyi yigenga iki kibuga imyaka 30 bivuze gutakaza imirimo kuri benshi muri bo.

Leta ivuga ko iki kibuga kitabyazwa umusaruro ukwiriye mu gihe kiri mu maboko yayo, bityo kugikodesha n’abikorera ari uburyo bwo kukibyaza umusaruro no kugiteza imbere.

Iyi myigaragambyo ibaye nyuma y’uko ku wa kabiri Urukiko Rukuru rwa Kenya ruhagaritse by’agateganyo ayo masezerano yo gukodesha iki kibuga.

Uru rukiko rwafashe iki cyemezo nyuma y’ikirego cyatanzwe n’Ihuriro ry’Abanyamategeko ba Kenya na Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu ya Kenya bivuga ko nta ishingiro bifite gukodesha umutungo w’igihugu w’ingenzi ku bantu bikorera. (BBC)

Amafoto

Abagenzi barimo kuganira baheze ku kibuga cy'indege cya JKIA

Abandi barambiwe bararyama

Aho abageze kuri iki kibuga bavuye mu mahanga bahitira ubundi hahora abantu benshi

Abari bafite ikizere ko indege yabo yaba igiye guhaguruka bari ku murongo

Abagenzi basinziriye nyuma y'uko indege yabo ikererejwe

Umugenzi wicaye ku kibuga cy'indege arimo kureba kuri telephone ye

Umugenzi uryamye hasi nyuma y'uko indege yari kumutwara ikererejwe

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *